BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Feb 9, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

admin
Last updated: February 9, 2026 10:22 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwemeje ko bwamenyeshejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zari zikiri muri ubu butumwa zigiye gucyurwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na MONUSCO kuri iki Cyumweru tariki 08 Gashyantare 2026, yavuze ko “yamenyeshejwe n’Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ko Afurika y’Epfo izacyura ingabo zayo zisigaye muri MONUSCO.”

Ubuyobozi bwa MONUSCO bwaboneyeho gushimira Guverinoma ya Afurika y’Epfo n’abaturage b’iki Gihugu, ku musanzu Ingabo zabo zatanze muri ubu butumwa bumaze imyaka myinshi.

Ubu butumwa bwa Loni buvuga ko Ingabo za Afurika y’Epfo zaranzwe n’ubwitange, ku buryo hari n’izasize ubuzima muri ubu butumwa bwo kubungabunga amahoro, buboneraho no guha icyubahiro abo bitabye Imana bari mu nshingano.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “MONUSCO izakomeza kugirana ibiganiro na Repubulika ya Afurika y’Epfo ku bibazo binini byo kubungabunga amahoro, harimo amasomo yize no gukomeza gushyigikira ibikorwa bigamije guteza imbere amahoro n’ituze.”

Ubuyobozi bw’ingabo ziri muri ubu butumwa, buvuga kandi ko buzakomeza gukorana n’Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye n’abafatanyabikorwa bireba kugira ngo impinduka nk’iki cyemezo cya Afurika y’Epfo cyo gucyura abasirikare bayo, zitazabangamira ubu butumwa.

Afurika y’Epfo igiye gucyura ingabo zayo zose zari muri MONUSCO, nyuma yuko muri Kamena umwaka ushize, izindi z’iki Gihugu zari mu butumwa bwa SADC (SAMIRDC), zitashye hamwe n’izindi zari muri Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo, zatashye zinyujijwe mu Rwanda.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?