BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

admin
Last updated: February 7, 2026 4:58 pm
admin
Share
SHARE

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa nabi bukorwa n’ihuriro ry’Ingabo za Repubulika

Mu ijoro rya tariki ya 31 Mutarama rishyira iya 1 Gashyantare 2026, AFC/M23 yagabye igitero cya drones ku gice gikoreshwa n’igisirikare ku kibuga cy’indege cya Bangoka, i Kisangani mu Ntara ya Tshopo.

Iri huriro ryasobanuye ko iki gitero cyari kigamije gusenya iki gice, kuko ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC ricyifashisha mu kugaba ibitero ku birindiro byaryo no ku basivili bo mu bice rigenzura mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Ku wa 6 Gashyantare, Perezida wa Komisiyo ya AU, Mahmoud Ali Youssouf, yamaganye bikomeye iki gitero, agaragaza ahangayikishijwe n’uko cyagabwe ku gikorwaremezo kiri mu Mujyi ukomeye, ibishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga, bityo ko kirenga ku itegeko mpuzamahanga.

Mahmoud yatangaje ko mu gihe hatagaragazwa ibimenyetso by’uko iki kibuga cy’indege cyifashishwaga mu bikorwa bya gisirikare, igitero cya AFC/M23 gifatwa nk’icyibasira igikorwaremezo cya gisivili, kikabarwa mu bikorwa by’iterabwoba.

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, yibukije Mahmoud ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC rimaze igihe rigaba ibitero bya drones ku birindiro byabo no ku basivili mu bice birimo Minembwe, Kalehe, Masisi na Rutshuru.

Mbonimpa yagize ati “AFC/M23 irabamenyesha ko igikorwa cya drones cyari kigambiriye gusa ibikorwa bya gisirikare, nta musivili wakigendeyemo, kandi cyari kigamije kurinda abaturage b’inzirakarengane, hubahirizwa agahenge kashyizweho n’amasezerano ya Doha.”

AFC/M23 yagaragaje ko kwamagana iki gikorwa cy’ubwirinzi hatabanje kubaho iperereza, bishyira Komisiyo ya AU mu mwanya wo kubogama, bigatuma hibazwa uko izayobora ibiganiro by’amahoro bigamije gukemura ibibazo byo muri RDC.

Iti “Yishyira mu mwanya wo gushyigikira Leta yakoreye abaturage ihohotera rikomeye, aho gushyigikira abarikorewe. Kugaragaza iki gikorwa cyatabaye ubuzima bw’abantu nk’icy’iterabwoba bigaragaza intambwe isubira inyuma ya AU, bigabanya icyizere ifitiwe no kwitandukanya n’inshingano shingiro yo kurinda Abanyafurika.”

Amakuru avuga ko AFC/M23 yohereje drones umunani ku kibuga cy’indege cya Bangoka. Leta ya RDC yemeza ko yasenye inyinshi muri zo.

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

1 Min Read
Umutekano

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

2 Min Read
Umutekano

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?