BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

admin
Last updated: February 9, 2026 10:22 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwemeje ko bwamenyeshejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zari zikiri muri ubu butumwa zigiye gucyurwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na MONUSCO kuri iki Cyumweru tariki 08 Gashyantare 2026, yavuze ko “yamenyeshejwe n’Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ko Afurika y’Epfo izacyura ingabo zayo zisigaye muri MONUSCO.”

Ubuyobozi bwa MONUSCO bwaboneyeho gushimira Guverinoma ya Afurika y’Epfo n’abaturage b’iki Gihugu, ku musanzu Ingabo zabo zatanze muri ubu butumwa bumaze imyaka myinshi.

Ubu butumwa bwa Loni buvuga ko Ingabo za Afurika y’Epfo zaranzwe n’ubwitange, ku buryo hari n’izasize ubuzima muri ubu butumwa bwo kubungabunga amahoro, buboneraho no guha icyubahiro abo bitabye Imana bari mu nshingano.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “MONUSCO izakomeza kugirana ibiganiro na Repubulika ya Afurika y’Epfo ku bibazo binini byo kubungabunga amahoro, harimo amasomo yize no gukomeza gushyigikira ibikorwa bigamije guteza imbere amahoro n’ituze.”

Ubuyobozi bw’ingabo ziri muri ubu butumwa, buvuga kandi ko buzakomeza gukorana n’Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye n’abafatanyabikorwa bireba kugira ngo impinduka nk’iki cyemezo cya Afurika y’Epfo cyo gucyura abasirikare bayo, zitazabangamira ubu butumwa.

Afurika y’Epfo igiye gucyura ingabo zayo zose zari muri MONUSCO, nyuma yuko muri Kamena umwaka ushize, izindi z’iki Gihugu zari mu butumwa bwa SADC (SAMIRDC), zitashye hamwe n’izindi zari muri Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo, zatashye zinyujijwe mu Rwanda.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?