BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

admin
Last updated: February 7, 2026 4:12 pm
admin
Share
SHARE

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru cyabereye muri Tanzania, nyuma yo kwakira mugenzi we wa Uganda, Perezida Samia suluhu yabwiye abanyamakuru ko yabwiye mugenzi we ko Tanzania imushyigikiye mu mugambi w’ibiganiro bigamije kugarura amahoro n’umutekano mu karere ibihugu byombi biherereyemo.

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, abinyujije ku rukuta rwa X yamenyesheje abanya-Uganda ko yageze mu Gihugu cya Tanzania, akaba yahatangiye uruzinduko rw’akazi.

Yagize ati ” Nageze muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania mu ruzinduko rw’akazi, nitabiriye ubutumire bwa Nyakubahwa Samia suluhu Hassan. Tuzagirana ibiganiro bizibanda ku bufaranye hagati y’Ibihugu, hagamijwe gukomeza kunoza umubano mwiza ibihugu byacu bisanzwe bifitanye.”

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo kwakira mugenzi we wa Uganda yavuze ko Tanzania yijeje Yoweri Kaguta Museveni ko imushyigikiye mu mugambi we, wo gutegura ibiganiro bigamije kugarura amahoro mu karere, ibi bihugu biherereye kubera intambara z’urudaca zugarije ibihugu by’abaturanyi babo.

Yagize ati” Tanzania imaze kugaragariza Museveni ko imushyigikiye bidasubirwaho ndetse yiteguye gutanga umusanzu wayo uzakenerwa ku ruhande rwayo mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kugarura amahoro.”

Uruzinduko rwa Perezida wa Uganda, Museveni muri Tanzania, ntihatangajwe iminsi ruzamara. Uru uruzinduko ni urwa mbere Perezida Yoweli Kaguta Museveni akoze, nyuma yo gutorerwa kuyobora Uganda muri manda ya karindwi mu matora yabaye muri Mutarama 2026.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?