BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Utuntu n'utundi > U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

admin
Last updated: February 9, 2026 9:46 am
admin
Share
SHARE

Impanga zisa ndetse zihuje n’ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri mu 2020.

Mu rukiko rwo mu Bufaransa uru rubanza  rw’abavandimwe b’impanga zisa rwateje impagarara kuko muri bo harimo ukekwaho icyaha cyo gukoresha imbunda.

Abo bavandimwe bafite imyaka 33 bari mu baregwa batanu baburanira hafi y’i Paris, bashinjwa kwica abantu babiri mu mwaka wa 2020 no kugerageza kwica abandi bantu benshi mu bitero byakurikiyeho, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Le Parisien.

Gusa bombi barakekwaho gucura umugambi wo kwica aba bantu babiri ariko ko DNA yabonetse ku mbunda yakoreshejwe biravugwa ko ari iy’umwe muri bo.

bugenzacyaha bwifashisha ibimenyetso bya gihanga bitabashije kumenya nyir’iyo DNA, bityo bikaba bitarashobotse kumenya mu buryo budasubirwaho uwagize uruhare muri icyo cyaha.

Umwe mu bakora iperereza yambwiye urukiko ko nyina wababyaye ariwe wenyine wabasha kubatandukanya .

Amakuru avuga ko mu rukiko ruberamo urwo rubanza hari umwuka mubi. Ku wa kabiri ushize, bivugwa ko impanga zombi zavanywe mu cyumba cy’urukiko nyuma yo kwanga guhaguruka.

Polisi yemeza ko aba bombi bitwaje kuba basa ndetse banahuje ibimenyetso ndangasano, kugira ngo bahishire ibyo baregwa. Umupolisi mukuru wavuganye n’ikinyamakuru Le Parisien yavuze ko izi mpanga zakundaga gutizanya imyenda, telefone zigendanwa ndetse n’ibyangombwa bibaranga.

Kubera ko amakuru y’irangamimerere ndetse n’ibimenyetso ndangasano bitashoboye kubatandukanya, abashinzwe iperereza bifashishije amakuru yo kuri telefone, amashusho ya ‘camera’ z’umutekano, iyumviriza ry’itumanaho ndetse n’ubundi buryo bwo kugerageza kwemeza aho buri wese yari aherereye n’ingendo yakoze, nk’uko ikinyamakuru Le Parisien kibivuga.

Icyakora, ikibazo gikomeye cyo kumenya uwarashe akoresheje intwaro yabonetse, ntikirabonerwa igisubizo.

Urubanza rurakomeje, aho biteganyijwe ko urukiko ruzafata umwanzuro mu mpera z’uku kwezi kwa Gashyantare uyu mwaka.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Utuntu n'utundi

Kenya: Umugabo yataye umugeni mu birori by’ubukwe bwabo ariruka

2 Min Read
Utuntu n'utundi

Abana bararwaye rubura gica nyuma yo kurya ibiryo ku ishuri byabonetsemo inzoka yapfuye

2 Min Read
Utuntu n'utundi

KENYA : Umupasiteri yakomerekeje abagore babiri arimo kubakuramo amadayimoni.

3 Min Read
Utuntu n'utundi

Brazili : Inka yishe umugabo washatse kuyifata ku ngufu.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?