BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

admin
Last updated: February 4, 2026 12:09 pm
admin
Share
SHARE

Umuhungu wa Muammar Gaddafi wayoboye Libya imyaka 42 kugeza mu 2011, Saif al-Islam Gaddafi, yiciwe muri iki gihugu cy’Abarabu.

Al Jazeera yatangaje ko Saif al-Islam Gaddafi, yishwe ku wa 3 Gashyantare 2026. Yaguye mu Mujyi wa Zintan uherereye mu burengerazuba bwa Libya, aho yari amaze imyaka hafi 10 aba.

Urupfu rw’uyu mugabo w’imyaka 53 rwemejwe na Abdullah Othman, usanzwe ari umwe mu bajyanama be mu bya politiki.

Icyishe uyu mugabo ntikiramenyekana nubwo bikekwa ko ashobora kuba yarashwe.

Khaled al-Mishri wigeze kuyobora Inama Nkuru y’Igihugu, urwego rwashyizweho nyuma y’impinduramatwara yo mu 2011 yasize Muammar Gaddafi yishwe, yasabye ko hakorwa iperereza ritomoye ku cyishe uyu mugabo.

Saif al-Islam Gaddafi nta mwanya yigeze agira mu buyobozi bwa Libya, icyakora bivugwa ko ku ngoma ya se yari nimero ya kabiri mu bafataga ibyemezo muri Libya kuva mu 2000 kugeza mu 2011 ubwo se yicwaga.

Saif al-Islam Gaddafi yigeze gutabwa muri yombi afungirwa mu Mujyi wa Zintan mu 2011 ubwo yageragezaga guhunga nyuma y’uko abataravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa se bafataga Umujyi wa Tripoli.

Nyuma yaje kurekurwa ku mbabazi mu 2017.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?