BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

admin
Last updated: February 9, 2026 7:51 pm
admin
Share
SHARE

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira umukobwa wa Perezida wa Uganda Yoweri Museveni, Natasha Karugire, bagasaba amafaranga mu izina rye.

Polisi igaragaza ko abo bantu bari barakoze konti ku rubuga rwa TikTok bashyiraho numero ya Whatsapp babyitirira Karugire bavuga ko akora ibikorwa by’ubugiraneza, ubundi bagasaba amafaranga abantu bavuga ko ari ayo kwiyandikisha muri uwo mushinga.

Umuvugizi wa Polisi, Kituuma Rusoke, avugana n’itangazamakuru ku wa 9 Gashyantare 2026, yavuze ko iki kibazo bakinjiyemo ubwo Karugire yagaragazaga ko ahangayikishijwe n’abantu bakomeje kumwiyitirira.

Ati: “Muribuka ko Natasha Karugire yagaragaje ko ahangayikishijwe n’abantu bamwiyitirira kuri TikTok na WhatsApp, ubwo iki kibazo cyatugeragaho twahise dutangira kubikurikirana.”

Akomeza asaba abantu kwirinda kwishyura amafaranga abantu bose babonye bababwira ko ari amafaranga yo kwiyandikisha.

Abafashwe barimo Asharaf Isabirye, Rahman Mulondo, Kakaire Zubail na Sharif Egesa bagiye kujyanwa mu rukiko.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?