Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo (MONUSCO)Jean-Pierre Lacroix , ku cyumweru yagiriye ruzinduko muri iki gihugu .
biteganyijwe ko muri uru ruzinduko rw’amasaha 72 azahura n’abategetsi bakuru b’iki gihugu, abahagarariye CENCO na ECC ndetse n’amasosiyete sivile.
Lacroix agiriye uruzinduko DR Congo nyuma y’uko Afurika y’Epfo itangaje gahunda yo kuvana ingabo zayo mu ngabo za MONUSCO zikorera muri iki gihugu.
Ku wa 8 Gashyantare 2026 nibwo perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yamenyesheje Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, iyemeze yafashe cyo gukura ingabo ze muri MONUSCO.
Perezida Ramaphosa yavuze ko iki cyemezo kigamije kongera kwegeranya neza umutungo muke w’Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF), gihanganye n’imbogamizi zigenda ziyongera zirimo iz’ingengo y’imari n’imikorere y’Ingabo.
Afurika y’epfo itangaza ko ingabo zayo zizarangiza gutaha mu mpera z’uyu mwaka WA 2026.
Ibi bibaye kandi mu gihe ingabo za MONUSCO ziheruka gusabwa kujya mu Mujyi wa Uvira nyuma y’uko ingabo z’Ihuriro rya AFC/M23 ziwuvuyemo ku busabe bw’abahuza.
Afurika y’Epfo Kandi ni kimwe mu bihugu byo mu muryango wa SADC byari byohereje ingabo muri RDC kujya gufasha ingabo z’icyo gihugu guhangana n’iz’ihuriro rya AFC/M23 ariko ziza gukubitirwa inshuro mu Mujyi wa Goma mu Mpera za Mutarama 2025.
