BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Umusirikare wa FARDC yarashe mu cyico mugenzi we nawe ariyahura

Umusirikare wa FARDC yarashe mu cyico mugenzi we nawe ariyahura

Patrick Maisha
Last updated: May 23, 2024 8:34 am
Patrick Maisha
Share
SHARE

Ku wa 21 Gicurasi 2024, mu murwa wa Ituri, umusirikare wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) yishe mugenzi we kubera telefone maze nawe ariyahura.

Komiseri mukuru, Abeli Mwangu Gérard umuyobozi wa polisi mu mujyi wa Bunia, yatangaje ko umusirikare w’ipeti rya soldat deuxième classe, Kalema, yarashe yegereye mugenzi we kubera ikibazo cya telephone yari yabuze.

Yagize ati “Uwarashe ni Kalema wo mu mutwe wa PM (Polisi ya Gisirikare), Aho akorera habuze telefoni ya premier sergent-major Stéphane usanzwe ari pasiteri unagemurira uyu mutwe. Umuyobozi wa sitasiyo kugira ngo abone igisubizo, yafashe terefone ya 2ᵉ classe Kalema, ukekwaho kuba umujura maze ayishyikiriza premier sergent-major Stéphane. Nk’igisubizo, 2ᵉ classe Kalema, yarakaye, ahita arasa yegereye kuri premier sergent-major Stéphane wapfiriye aho. ”

Ni mu gihe hari n’abandi basirikare babiri bakomerekejwe bikomeye n’amasasu yarashwe na 2ᵉ classe Kalema .

Amakuru dukesha “Bwiza” avuga ko nyuma y’amasasu yumvikanye muri ako gace, Kapiteni Nonga yaje kubaza uko ibintu byifashe akihagera nawe yakiriye isasu mu nda, ahita yimurirwa mu bitaro bikuru bya Bunia.

Ni mu gihe kandi Kaporali Mobutu wari uri aho, wakomerekeye mu ntambara, na we yararashwe ajyanwa mu bitaro kugira ngo abone ubuvuzi bukwiye, 2ᵉ classe Kalema yiyahuye nyuma yo kuraswa isasu mu kirenge cy’iburyo nyuma yo gutabara k’umutwe wa PM watabajwe ngo ugarure umutekano. ”

Nyuma y’urusaku rw’amasasu Polisi yijeje abaturage ko yafashe ingamba zose zo kugarura umutekano kandi ibintu bikaba bituje muri iki gihe.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rugiye kuyobora CEEAC

Guinea Equatorial hateraniye inama y’abakuru b’ibihugu b’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika…

Rusizi: Yatawe muri yombi nyuma yo gushikuza umukobwa agakapu karimo telefone

Umugabo witwa Ntihinyurwa Alexis w'imyaka 33 afungiye kuri ya sitasiyo ya RIB…

Nyanza: Umusore w’imyaka 20 yatawe muri yombi akekwaho gufata ku ngufu umugore urwaye

Umusore w’imyaka 20 yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho icyaha cyo gufata…

Minisitiri Mutamba yongeye kwitaba Ubushinjacyaha bumuhata ibibazo

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, yamaze amasaha…

Leta ya RDC yarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere baganiriye na AFC/M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere ka…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

U Burusiya bwagabye igitero cya drones i Kyiv gihitana bane

1 Min Read
Mu mahanga

Umuriro watse hagati y’u Burusiya n’u Bwongereza

1 Min Read
Mu mahanga

Martin Fayulu yahuye na perezida Tshisekedi amusaba ibiganiro n’Abakongomani

2 Min Read
Mu mahanga

Edgar wabaye perezida wa Zambia yitabye Imana ku myaka 68

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?