BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Tiwa Savage yihenuye k’uwavuze ko agirwa mwiza n’amafoto

Tiwa Savage yihenuye k’uwavuze ko agirwa mwiza n’amafoto

sam
Last updated: June 25, 2025 12:08 pm
sam
Share
SHARE

Umuhanzikazi wo muri Nigeria, Tiwa Savage, yasubije umugabo wavuze ko atari mwiza ahubwo agirwa mwiza n’amafoto, amwihenuraho amubwira ko ikimuvugisha ari uko yifuza guhura na we.

wo mugabo yabivuze ashingiye ku mafoto Tiwa Savage yasangije abamukurikira ku rubuga rwe rwa Instagram, ahita amwibasira.

Uwiyita nutefobayo yahise ajya ahandikirwa ibitekerezo, avuga ko Tiwa akoresha amafoto akabeshya abantu ko afite uburanga bwiza ariko mu by’ukuri atari mwiza.

Yagize ati: “Amafoto atuma abantu bamwe basa neza. Tiwa ntabwo usa neza utyo mu buzima busanzwe.”

Mu kumusubiza, Tiwa Savage yavuze ko iyo umuntu amubonye imbonankubone asanga ari mwiza kurushaho.

Yanditse ati: “Ahubwo nsa neza kurushaho iyo umuntu ambonye mu buzima busanzwe. Vuga ko ushaka guhura nanjye imbonankubone, urabyifuza rwose ariko wabuze aho ubihera.”

Tiwa Savage avuze ibi nyuma y’uko aherutse gutangaza ko uwahoze ari umugabo we ari we wamwigishije kwiyitaho mbere y’uko amumenya yabagaho atiyitaho kandi yambara nk’abagabo.

Ngo kuva yatangira urugendo rwo kwiyitaho byatangiye kumuha umusaruro, kuko asigaye afatwa nk’umwamikazi w’uburanga n’igikundiro.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, ni bwo Tiwa Savage yahishuye ko yicuza kuba yaratandukanye n’uwahoze ari umugabo we, kuko byatumye umuhungu we abura amahirwe yo kubana n’ababyeyi be bombi.

Uyu muhanzikazi yashakanye na Tunji uzwi nka ’Tee Billz Balogun’ mu 2013 batandukana mu 2016, bafitanye umwana w’umuhungu witwa Jamil Balogun.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Post Malone yatandukanye n’umukunzi we

1 Min Read
Imyidagaduro

Hamenyekanye icyahitanye umubyeyi wa Rihanna umaze ukwezi yitabye Imana

3 Min Read
Imyidagaduro

Yago yemeje ko yatandukanye n’ukobwa baherutse ku byarana

2 Min Read
Imyidagaduro

Kevin Kade yasimbujwe Bull Dog mu bitaramo bya Iwacu Muzika Festival

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?