BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Tiwa Savage yihenuye k’uwavuze ko agirwa mwiza n’amafoto

Tiwa Savage yihenuye k’uwavuze ko agirwa mwiza n’amafoto

sam
Last updated: June 25, 2025 12:08 pm
sam
Share
SHARE

Umuhanzikazi wo muri Nigeria, Tiwa Savage, yasubije umugabo wavuze ko atari mwiza ahubwo agirwa mwiza n’amafoto, amwihenuraho amubwira ko ikimuvugisha ari uko yifuza guhura na we.

wo mugabo yabivuze ashingiye ku mafoto Tiwa Savage yasangije abamukurikira ku rubuga rwe rwa Instagram, ahita amwibasira.

Uwiyita nutefobayo yahise ajya ahandikirwa ibitekerezo, avuga ko Tiwa akoresha amafoto akabeshya abantu ko afite uburanga bwiza ariko mu by’ukuri atari mwiza.

Yagize ati: “Amafoto atuma abantu bamwe basa neza. Tiwa ntabwo usa neza utyo mu buzima busanzwe.”

Mu kumusubiza, Tiwa Savage yavuze ko iyo umuntu amubonye imbonankubone asanga ari mwiza kurushaho.

Yanditse ati: “Ahubwo nsa neza kurushaho iyo umuntu ambonye mu buzima busanzwe. Vuga ko ushaka guhura nanjye imbonankubone, urabyifuza rwose ariko wabuze aho ubihera.”

Tiwa Savage avuze ibi nyuma y’uko aherutse gutangaza ko uwahoze ari umugabo we ari we wamwigishije kwiyitaho mbere y’uko amumenya yabagaho atiyitaho kandi yambara nk’abagabo.

Ngo kuva yatangira urugendo rwo kwiyitaho byatangiye kumuha umusaruro, kuko asigaye afatwa nk’umwamikazi w’uburanga n’igikundiro.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, ni bwo Tiwa Savage yahishuye ko yicuza kuba yaratandukanye n’uwahoze ari umugabo we, kuko byatumye umuhungu we abura amahirwe yo kubana n’ababyeyi be bombi.

Uyu muhanzikazi yashakanye na Tunji uzwi nka ’Tee Billz Balogun’ mu 2013 batandukana mu 2016, bafitanye umwana w’umuhungu witwa Jamil Balogun.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

2 Min Read
Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

1 Min Read
Imyidagaduro

Rufonsina aritegura kwibaruka ubuheta

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?