BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Tiwa Savage yihenuye k’uwavuze ko agirwa mwiza n’amafoto

Tiwa Savage yihenuye k’uwavuze ko agirwa mwiza n’amafoto

sam
Last updated: June 25, 2025 12:08 pm
sam
Share
SHARE

Umuhanzikazi wo muri Nigeria, Tiwa Savage, yasubije umugabo wavuze ko atari mwiza ahubwo agirwa mwiza n’amafoto, amwihenuraho amubwira ko ikimuvugisha ari uko yifuza guhura na we.

wo mugabo yabivuze ashingiye ku mafoto Tiwa Savage yasangije abamukurikira ku rubuga rwe rwa Instagram, ahita amwibasira.

Uwiyita nutefobayo yahise ajya ahandikirwa ibitekerezo, avuga ko Tiwa akoresha amafoto akabeshya abantu ko afite uburanga bwiza ariko mu by’ukuri atari mwiza.

Yagize ati: “Amafoto atuma abantu bamwe basa neza. Tiwa ntabwo usa neza utyo mu buzima busanzwe.”

Mu kumusubiza, Tiwa Savage yavuze ko iyo umuntu amubonye imbonankubone asanga ari mwiza kurushaho.

Yanditse ati: “Ahubwo nsa neza kurushaho iyo umuntu ambonye mu buzima busanzwe. Vuga ko ushaka guhura nanjye imbonankubone, urabyifuza rwose ariko wabuze aho ubihera.”

Tiwa Savage avuze ibi nyuma y’uko aherutse gutangaza ko uwahoze ari umugabo we ari we wamwigishije kwiyitaho mbere y’uko amumenya yabagaho atiyitaho kandi yambara nk’abagabo.

Ngo kuva yatangira urugendo rwo kwiyitaho byatangiye kumuha umusaruro, kuko asigaye afatwa nk’umwamikazi w’uburanga n’igikundiro.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, ni bwo Tiwa Savage yahishuye ko yicuza kuba yaratandukanye n’uwahoze ari umugabo we, kuko byatumye umuhungu we abura amahirwe yo kubana n’ababyeyi be bombi.

Uyu muhanzikazi yashakanye na Tunji uzwi nka ’Tee Billz Balogun’ mu 2013 batandukana mu 2016, bafitanye umwana w’umuhungu witwa Jamil Balogun.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?