BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

sam
Last updated: July 5, 2025 10:58 am
sam
Share
SHARE

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku biganiro byayo na n’ihuriro AFC bibera muri Qatar.

Asubiza ni DRC izemera ingingo umunani AFC/M23 isaba kugira ngo intambara iri mu Burasirazuba bwa DRC ihoshe, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Thérèse Kayikwamba yavuze ko ziri gusuzumirwa ishingiro kandi ko kuziganiraho bigikomeje

Yabivugiye mu kiganiro aherutse guha abanyamakuru ku byerekeye aho Guverinoma igeze iganira na AFC/M23 mu biganiro biri kubera mu Murwa mukuru wa Qatar, Doha.

Abadipolomate bo muri iki gihugu nibo bari gukora uko bashoboye ngo bumve kandi bahuze impande zombi.

AFC/M23 itanga ingingo umunani ishingiraho ivuga ko ziramutse zemewe kandi zikubahirizwa na Guverinoma ya Kinshasa, intambara yarangira.

Abagize uyu mutwe bavuga ko izo ngingo bise ‘Mesures de confiance’ mu Gifaransa zikwiye kwitabwaho zigahabwa agaciro n’uruhande bari kuganira kandi ibyemerejwemo ntibizabe amasigarakicaro.

Mu kugira icyo azivugaho, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa DRC yavuze ko izo ngingo zose uko zakabaye ziri gusuzumirwa ishingiro binyuze mu biganiro biri kubera muri Qatar kandi bigomba gukomeza mu minsi iri imbere.

Ageze ku ngingo yo kuvanga abarwanyi bo muri M23 n’ingabo cyangwa Polisi, Kayikwamba yavuze ko bizakorwa umuntu ku wundi, harebwe amateka ye, niba nta cyasha afite cyamubuza guhabwa ubwo buryo.

Ati: “ Ntidushobora gutuma ibiganiro bihagarara ariko tugomba gukora ku buryo inzego zacu z’umutekano zitivangwamo n’abantu bafite ibiganza biriho amaraso”.

Yaboneyeho gutangaza ko ibyerekeye amasezerano hagati ya Kinshasa na Kigali byo bifite uko byemejwe kandi ko ibyabyo bizamenyekana mu gihe kiri imbere gahoro gahoro bitewe n’ingengabihe y’uko bizashyirwa mu bikorwa.

Icyakora yahishuye ko mu mezi atatu ari imbere, ni ukuvuga mu minsi 90, hazaba hamaze gutangizwa uburyo bwo kuzamura imikoranire mu rwego rw’ubukungu, bikazakorwa mu rwego rw’ubuhahirane bushingiye ku isoko rusange nyafurika.

Intego izaba ari iyo kuzamura urwego rw’imibereho y’abatuye ibice bimaze igihe byarazahajwe n’intambara muri aka Karere cyane cyane mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

U Rwanda ruvuga ko rwiteguye gushyira mu bikorwa ibirureba byose mu rwego rwo kugira ngo amasezerano ya Washington agerweho, ariko rukemeza ko ibya FDLR bigomba kurangira rimwe na rizima.

Perezida Kagame yaraye abivugiye mu kiganiro yahaye abanyamakuru, avuga ko igihe cyose FDLR izaba ikiri ho, u Rwanda ruzayirwanyiriza aho izaba iri hose.

Avuga ko ibyo ntawe rugomba kubisabira uruhushya kuko ari ikibazo kireba kubaho cyangwa gupfa kw’Abanyarwanda.

Yavuze kandi ko M23 atari Abanyarwanda, ko ari abaturage ba DRC beguye intwaro baturutse muri Uganda, akibaza impamvu ikibazo bakigira icy’u Rwanda kandi Uganda yigaramiye.

Gusa Kagame ashima ko noneho Amerika yavugutiye ikibazo cya DRC umuti ushyize mu gaciro, ukomatanyije igisubizo ku bibazo bitatu ari byo icy’ubukungu, umutekano n’icya politiki.

Yagaye abandi babanjirije Amerika mu gushaka iki gisubizo, avuga ko birengagizaga ingingo zimwe zigize ikibazo, bagashaka kugiha isura y’ubukungu gusa kandi atari yo yonyine ikigize.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

2 Min Read
Mu mahanga

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

1 Min Read
Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?