BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Abashumba bari guhabwa amakarita y’akazi abaranga

Rubavu: Abashumba bari guhabwa amakarita y’akazi abaranga

admin
Last updated: January 25, 2023 10:02 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi mu Karere ka Rubavu bwafashe umwanzuro wo gukorera amakarita y’akazi abashumba baragira inka, mu rwego rwo guca urugomo.

Amakarita y’akazi

Hashize igihe abaturage bo muri kariya Karere bagaragaza ko abashumba baboneshereza, cyangwa bakabangiriza urutoki, imitumba bakajya kuyiha inka zabo.

Ubutumwa UMUSEKE wabonye bugenewe abashumba n’abarozi babakoreha, buvuga ko ntawemerewe kwitwaza umuhuro.

Bugira buti “Umushumba uzagaragara mu Murenge adafite ikarita imuranga, agendana inkoni cyangwa umupanga atari mu bikorwa biwukeneye, azafatwa nk’ugambiriye ubugizi bwa nabi.”

Ubyobozi bw’Umurenge wa Rubavu, buvuga ko kubarura abashumba byatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 25/01/2023, kandi nyuma yo kubabarura bose bagahabwa ikarita y’akazi ibaranga.

Abashumba bari mu Kagari ka Burinda, ni bo ibarura ryahereyeho aho bajya ku biro bakuzuza amakuru yabo, nyuma bafotorwe.

Nyuma ya saa sita harakorerwa abo mu Kagari ka Murambi, igikorwa kizakomeze kuri uyu wa Kane, tariki 26/01/2023 mu tugari twa Murara na Gikombe, naho ku wa 27/01/2023 Hazakorerwa utugari twa Rukoko, Buhaza na Byahi.

Umunyamakuru uri i Rubavu, yabwiye UMUSEKE ko iyi ari imwe mu ngamba zafashwe nyuma y’uko hagaragaye urugomo rukorwa n’abashumba.

Ati “Kuri ubu bambuwe imipanga bakoreshaga, bayisanga aho bagiye aho kuyigendana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Ildephonse Kambogo yavuze ko iki gikorwa gisanzwe, mu rwego rwo kumenya abashumba.

Ati “Abaturage bavugaga ko bonesherezwa cyangwa bahohoterwa muri uriya Murenge, bisaba ko tumenya ngo abashumba dufite muri uriya murenge ni ba nde bababarizwa he?” 

Mayor avuga ko kiriya gikorwa kizafasha gukemura ibibazo byari biriho byagaragaye.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Papa Nsabi Musanze says:
    January 25, 2023 at 11:55 am

    Hhhhhhh, umushumba w
    Inka ikarita ikarita? Hhh babuze ububaha passports.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?