BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

admin
Last updated: January 31, 2026 2:46 pm
admin
Share
SHARE

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko izatanga umukandida wo guhatanira na Louise Mushikiwabo kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF).

Iki cyemezo cyafatiwe mu nama y’abaminisitiri yayobowe na Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, ku wa 30 Mutarama 2026, yibandaga ku mutekano wo mu Burasirazuba bw’Igihugu.

Ubwo Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yatangazaga imyanzuro yafatiwe muri iyi nama, yagize ati “RDC izatanga umukandida wayo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.”

Leta ya RDC yemeje ko izatanga umukandida wayo kuri uyu mwanya nyuma y’ibyumweru birenga bibiri u Rwanda rwemeje ko ruzatanga Mushikiwabo kugira ngo yiyamamarize manda ya gatatu.

U Rwanda rwafashe iki cyemezo nyuma y’ubusabe ibihugu byinshi byo muri OIF byahaye Mushikiwabo. Byamugaragarije ko byashimye umusaruro we mu myaka hafi umunani amaze ayobora uyu muryango, bimwizeza ko bizamutora mu gihe igihugu cye cyakongera kumwamamaza.

Leta ya RDC yagaragaje kenshi ko itishimira ko Umunyarwandakazi ayobora uyu muryango, yababajwe n’iki cyemezo, itangira gushakisha uburyo u Rwanda rutagumana uyu mwanya ukomeye muri uyu muryango.

Mu bakandida Leta ya RDC ishobora gutanga muri OIF, havugwamo cyane Isidore Kwandja Ngembo wabaye mu ndorerezi z’uyu muryango zakurikiranye amatora mu bihugu bitandukanye, akanategura imikino y’ibihugu bigize OIF yabereye i Kinshasa mu 2023.

Inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma ya OIF izabere mu Mujyi wa Phnom Penh muri Cambodge kuva tariki ya 15 kugeza ku ya 16 Ugushyingo 2026 ni yo izatorerwamo Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?