BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yanenze urubyiruko rudakoresha neza ururimi rw’Ikinyarwanda atanga n’izindi mpanuro ku rubyiruko

Perezida Kagame yanenze urubyiruko rudakoresha neza ururimi rw’Ikinyarwanda atanga n’izindi mpanuro ku rubyiruko

Patrick Maisha
Last updated: May 7, 2024 11:52 am
Patrick Maisha
Share
SHARE

Perezida Kagame yanenze urubyiruko rudakoresha neza ururimi rw’Ikinyarwanda, ibi akaba yabivugiye mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 urubyiruko rw’abakorerabushake rumaze rukora ibikorwa by’ubwitange, kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Gicurasi 2024 mu nzu y’imyidagaduro izwi nka BK Arena .

Ni ibirori byitabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego z’igihugu barimo n’umukuru w’igihugu, bifatanyije n’urubyiruko rw’abakorerabushake rusaga 7000.

Perezida Kagame yibukije urubyiruko ko rugomba kunoza ururimi rw’Ikinyarwanda haba mu mivugire no mu myandikire.
Ati: “Iyo uvuze ururimi neza, icyo umuntu yasomye nk’abazi Ikinyarwanda, kiba gitandukanye n’icyo umuntu yashakaga kuvuga. Mu myandikire wagombaga kuvuga ‘ntabwo’, ukandika nabwo, njye nsoma ‘nabwo’. Nabwo na ntabwo biratandukanye, ntabwo mba numva icyo wavugaga.”

Perezida Kagame yongeye kwibukitsa urubyiruko ko rufite inshingano zo kunoza umuco no kuwuteza imbere uko bikwiye.
Ati: “Wa murage, ukaba umurage nyine tubumbatira tugateza imbere.

Urubyiruko ndetse, rurarerwa, rurakura, ugomba kurerwa rero unyura mu maboko y’ababyeyi n’abarimu mu ishuri cyangwa y’Igihugu kiguteza imbere muri ibyo byose no mu murage w’umuco.”

Perezida kandi yashimye ubwitange bw’Urubyiruko rw’abakorerabushake, asobanura ko izina ryarwo ubwaryo rifite igisobanuro gikomeye.
Ati: “Ni ibintu bibiri, bahoze bavuga abakorana ubushake, buriya ni ugukorera ubushake, ariko ni byombi. Hari ugukorera ubushake ariko ukorana n’ubushake.”

Yashishikarije urubyiruko kudapfusha imyaka yabo ubusa mu bidafite umumaro.
Ati “Imyaka yanyu ntimuzayipfusha ubusa. Ntimuzatete cyane ariko nabyo bigira igihe cyabyo, ubuzima bwiza ntabwo ari tombora .”

Yibukije urubyiruko ko ruri mu myaka yo gukora neza ibyo umuntu yakagombye gukora atari imyaka yo gutakaza .

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu igaragaza ko mu gihugu hose hari urubyiruko rw’abakorerabushake rusaga miliyoni 1,9.

Mu 2013, nibwo hatangijwe urubyiruko rw’abakorerabushake hagamijwe ko rugira uruhare mu kubaka ibikorwaremezo, kubakira abatishoboye, gukumira no kurwanya ibyaha n’ibindi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igenzura ubutaka bufite ubuso burenga kilometero kare ibihumbi 34

1 Min Read
Politike

Macron, Zelensky n’abandi bayobozi bakiriye amasezerano y’u Rwanda na RDC nk’intambwe ikomeye

4 Min Read
Politike

Tshisekedi yiyemeje gusabira Trump igihembo cya Nobel nashobora gukemura iyi ntambara

2 Min Read
Politike

DRC: Olusegun Obasanjo yasuye  Tshisekedi akubutse mu Rwanda

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?