BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > AFC/M23 igenzura ubutaka bufite ubuso burenga kilometero kare ibihumbi 34

AFC/M23 igenzura ubutaka bufite ubuso burenga kilometero kare ibihumbi 34

sam
Last updated: June 30, 2025 10:16 am
sam
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa, yatangaje ko kuri ubu bagenzura ubutaka bufite ubuso bugera kuri kilometero kare ibihumbi 34.

Mu butumwa bujyanye n’umunsi w’ubwigenge, ku wa 29 Kamena 2025 Nangaa yagaragaje ko ibice AFC/M23 igenzura birimo umutekano usesuye kandi ko abaturage babituyemo bafite icyizere cy’ahazaza heza.

Yagize ati “Uyu munsi, AFC/M23 iyobora ubutaka bw’igihugu burenga kilometero kare 34, ahatuye abaturage bagenzi bacu. Mu mezi atanu, ingabo zacu zagaruye umutekano, zigarura ituze, zirinda abaturage, zibiba imbuto y’icyizere gishya.”

Nangaa yasobanuye ko nta shimwe AFC/M23 ikeneye cyangwa se ubutegetsi, ahubwo ko icyo ishaka ari ukugarura umutekano muri RDC, kuyikura mu bukene, iheza, ivangura, igitugu ndetse n’akarengane.

Yagaragaje ko ku bw’iyo mpamvu, AFC/M23 ishyigikiye gahunda zose zigamije kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu zirimo ibiganiro bya Qatar biyihuza na Leta ya RDC, byatangiye muri Werurwe 2025.

Intambara ya AFC/M23 n’Ingabo za RDC yatangiye mu Ugushyingo 2021. Kuva icyo gihe, iri huriro ryatangiye gufata ibice byinshi byo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, rikomereza muri Kivu y’Amajyepfo.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?