Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria kuri uyu wa 25 Kamena 2025 yakiriwe na perezida wa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi bagirana ibiganiro byerekeye ku umutekano wa DRC .
Ni uruzinduko agiriye i Kinshasa nyuma yo kugirana ibiganiro na perezida Kagame mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda ku wa 24 Kamena 2025.
Olusegun na Tshisekedi ibiganiro byabo byibanze ku gukemura amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC no mu karere k’ibiyaga bigari.
Obasanjo ni umwe mu bahuza bashyizweho n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC) kugira ngo bafashe Abanye-Congo kumvikana, bashakire hamwe icyagarura amahoro n’umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ubu buhuza bwitezwe mu gihe muri Qatar hakomeje ibiganiro bihuza Leta ya RDC n’ihuriro AFC/M23, bigamije guhagarika intambara imaze imyaka itatu ihanganishije impande zombi no gushakira hamwe ibisubizo ku mpamvu muzi zayiteye.
Obasanjo yayoboye Nigeria inshuro ebyiri, ubwa mbere abikora hagati ya 1976 na 1979 ndetse no hagati ya 1999 na 2007.