BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Abashumba bari guhabwa amakarita y’akazi abaranga

Rubavu: Abashumba bari guhabwa amakarita y’akazi abaranga

admin
Last updated: January 25, 2023 10:02 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi mu Karere ka Rubavu bwafashe umwanzuro wo gukorera amakarita y’akazi abashumba baragira inka, mu rwego rwo guca urugomo.

Amakarita y’akazi

Hashize igihe abaturage bo muri kariya Karere bagaragaza ko abashumba baboneshereza, cyangwa bakabangiriza urutoki, imitumba bakajya kuyiha inka zabo.

Ubutumwa UMUSEKE wabonye bugenewe abashumba n’abarozi babakoreha, buvuga ko ntawemerewe kwitwaza umuhuro.

Bugira buti “Umushumba uzagaragara mu Murenge adafite ikarita imuranga, agendana inkoni cyangwa umupanga atari mu bikorwa biwukeneye, azafatwa nk’ugambiriye ubugizi bwa nabi.”

Ubyobozi bw’Umurenge wa Rubavu, buvuga ko kubarura abashumba byatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 25/01/2023, kandi nyuma yo kubabarura bose bagahabwa ikarita y’akazi ibaranga.

Abashumba bari mu Kagari ka Burinda, ni bo ibarura ryahereyeho aho bajya ku biro bakuzuza amakuru yabo, nyuma bafotorwe.

Nyuma ya saa sita harakorerwa abo mu Kagari ka Murambi, igikorwa kizakomeze kuri uyu wa Kane, tariki 26/01/2023 mu tugari twa Murara na Gikombe, naho ku wa 27/01/2023 Hazakorerwa utugari twa Rukoko, Buhaza na Byahi.

Umunyamakuru uri i Rubavu, yabwiye UMUSEKE ko iyi ari imwe mu ngamba zafashwe nyuma y’uko hagaragaye urugomo rukorwa n’abashumba.

Ati “Kuri ubu bambuwe imipanga bakoreshaga, bayisanga aho bagiye aho kuyigendana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Ildephonse Kambogo yavuze ko iki gikorwa gisanzwe, mu rwego rwo kumenya abashumba.

Ati “Abaturage bavugaga ko bonesherezwa cyangwa bahohoterwa muri uriya Murenge, bisaba ko tumenya ngo abashumba dufite muri uriya murenge ni ba nde bababarizwa he?” 

Mayor avuga ko kiriya gikorwa kizafasha gukemura ibibazo byari biriho byagaragaye.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Papa Nsabi Musanze says:
    January 25, 2023 at 11:55 am

    Hhhhhhh, umushumba w
    Inka ikarita ikarita? Hhh babuze ububaha passports.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?