BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > U Rwanda na DRC bashyize umukono ku masezerano y’amahoro

U Rwanda na DRC bashyize umukono ku masezerano y’amahoro

sam
Last updated: June 28, 2025 12:03 pm
sam
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Kamena 2025, u Rwanda na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo byashyize umukono ku masezerano y’amahoro agamije gushyira iherezo ku bibazo bimaze igihe hagati y’impande zombi.

Ni amasezerano yashyinzweho umukono na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu byombi I Washington muri Amerika.

U Rwanda na DRC bimaze igihe mu biganiro byo kongera kubyutsa umubano wa bombi babifashojwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Aya masezerano ashyinzweho umukono nyuma yaho kuwa 18 Kamena uyu mwaka nabwo itsinda ry’uRwanda ryari riyobowe na Ambasaderi w’iki gihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , Mathilde Mukantabana ndetse n’irya DRC bemeje ibijyanye n’aya masezerano ku buhuza bwa Amerika na Qatar.

Aya masezerano akubiyemo ibintu bine by’ingenzi bikwiye kwitabwaho n’impande zombi birimo kubaha ubusugire bw’ikindi gihugu no kwirinda gushoza intambara, guhagarika gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe imitwe yitwaje intwaro iva mu bindi bihugu.

Mu bindi kandi bikubiyemo harimo gushyiraho Itsinda rihuriweho rishinzwe gukurikirana ibikorwa by’umutekano wambuka imipaka ishyira mu bikorwa inyandiko y’ibikorwa mu bya gisirikare bita “Concept of Operations (CONOPS) yemejwe ku wa 31 Ukwakira 2024.

Biteganyijwe ko nyuma y’aya masezerano Perezida Tshisekedi wa DRC na Kagame w’u Rwanda bazashyira umukono kuri Aya masezerano mbere y’uko ashyirwa mu bikorwa.

Nyuma y’aya masezerano u Rwanda ,DRC na Amerika bizasinyana amasezerano y’ubukungu

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwanenze rapolo za Loni yongeye zirushinja kwiba amabuye ya RDC

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Banki y’Isi yemeje miliyari zirenga 140 Frw zo guteza imbere ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Banki y’Isi yemeje miliyari 95 Frw zo gufasha impunzi mu Rwanda

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye mugenzi we wa Niger

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?