BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > U Rwanda na DRC bashyize umukono ku masezerano y’amahoro

U Rwanda na DRC bashyize umukono ku masezerano y’amahoro

sam
Last updated: June 28, 2025 12:03 pm
sam
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Kamena 2025, u Rwanda na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo byashyize umukono ku masezerano y’amahoro agamije gushyira iherezo ku bibazo bimaze igihe hagati y’impande zombi.

Ni amasezerano yashyinzweho umukono na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu byombi I Washington muri Amerika.

U Rwanda na DRC bimaze igihe mu biganiro byo kongera kubyutsa umubano wa bombi babifashojwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Aya masezerano ashyinzweho umukono nyuma yaho kuwa 18 Kamena uyu mwaka nabwo itsinda ry’uRwanda ryari riyobowe na Ambasaderi w’iki gihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , Mathilde Mukantabana ndetse n’irya DRC bemeje ibijyanye n’aya masezerano ku buhuza bwa Amerika na Qatar.

Aya masezerano akubiyemo ibintu bine by’ingenzi bikwiye kwitabwaho n’impande zombi birimo kubaha ubusugire bw’ikindi gihugu no kwirinda gushoza intambara, guhagarika gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe imitwe yitwaje intwaro iva mu bindi bihugu.

Mu bindi kandi bikubiyemo harimo gushyiraho Itsinda rihuriweho rishinzwe gukurikirana ibikorwa by’umutekano wambuka imipaka ishyira mu bikorwa inyandiko y’ibikorwa mu bya gisirikare bita “Concept of Operations (CONOPS) yemejwe ku wa 31 Ukwakira 2024.

Biteganyijwe ko nyuma y’aya masezerano Perezida Tshisekedi wa DRC na Kagame w’u Rwanda bazashyira umukono kuri Aya masezerano mbere y’uko ashyirwa mu bikorwa.

Nyuma y’aya masezerano u Rwanda ,DRC na Amerika bizasinyana amasezerano y’ubukungu

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Aba Minisitiri b’umutekano w’imbere mu Rwanda na DR.Congo bahuriye muri Qatar

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Turkmenistan byatangiye urugendo rw’ umubano mu bya dipolomasi

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

U Bwongereza bwasabye kwihutisha ibikubiye mu masezerano y’amahoro y’u Rwanda na RDC

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?