BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kuvuga ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera igihugu cye

Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kuvuga ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera igihugu cye

sam
Last updated: May 1, 2025 7:59 am
sam
Share
SHARE

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yongeye kuvuga ko afite ibimenyetso byerekana ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera igihugu cye , rwifashishije abantu rucumbikiye bagize uruhare muri Coup d’État yageragejwe mu 2015.

Kimwe n’amagambo aherutse gutangariza kuri BBC mu kwezi gushize avuga ko afite gihamya ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera u  Burundi ndetse  nirushima gutera i Bujumbura runyuze muri Congo, nawe azatera i Kigali aciye mu Kirundo.”

Kuri ubu yongeye kuvugira amagambo asa nk’ayo ubwo yari mu kiganiro aheruka kugirana n’umunyamakuru Marc Perelman wa Televiziyo ya France 24.

Perezida Ndayishimiye ubwo yabazwaga niba agifite amakuru y’uko u Rwanda ruteganya gushoza intambara ku gihugu cye, yagize

ati: “Mbere na mbere dufite amakuru, tuzi uwo mugambi, ikindi hari ibimenyetso. Ibimenyetso dufite mbere na mbere ni uko bacumbikiye abagize uruhare muri coup d’etat yo muri 2015 bafite umugambi wo gutera u Burundi.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko nyuma y’ibiganiro bimaze iminsi bikorwa n’amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na RDC bigizwemo uruhare na Amerika n’ubuhuza bwa Qatar, buri wese azi ikibazo gihari kandi ko hari icyizere ko amahoro ashobora kuboneka.

Ati “Bitari ibyo, ubu ibintu bimeze nabi.”

Ibi perezida ashinja u Rwanda rubihakana rwivuye inyuma rukavuga ko ahubwo u Burundi aribwo bufite umugambi mubisha wo kurutera

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, aherutse gutangaza ko  u Burundi aribwo bufite umugambi wo gutera u Rwanda ndetse ko byanarenze kuba mu mvugo, bikanatangira kugeragezwa.

U Burundi busanzwe bukorana  na RDC, ndetse n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi 1994 , aba bombi bahuriye ku mugambi wo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Nubwo perezida Ndayishimiye atangaza ibi , hashize igihe u Rwanda na DRC bahurira mu biganiro bigamije gutsura umubano w’ibihugu byombi i Doha muri Qatar

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwanenze rapolo za Loni yongeye zirushinja kwiba amabuye ya RDC

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Banki y’Isi yemeje miliyari zirenga 140 Frw zo guteza imbere ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Banki y’Isi yemeje miliyari 95 Frw zo gufasha impunzi mu Rwanda

3 Min Read
Imyidagaduro

Post Malone yatandukanye n’umukunzi we

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?