BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Feb 8, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

admin
Last updated: February 7, 2026 4:12 pm
admin
Share
SHARE

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru cyabereye muri Tanzania, nyuma yo kwakira mugenzi we wa Uganda, Perezida Samia suluhu yabwiye abanyamakuru ko yabwiye mugenzi we ko Tanzania imushyigikiye mu mugambi w’ibiganiro bigamije kugarura amahoro n’umutekano mu karere ibihugu byombi biherereyemo.

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, abinyujije ku rukuta rwa X yamenyesheje abanya-Uganda ko yageze mu Gihugu cya Tanzania, akaba yahatangiye uruzinduko rw’akazi.

Yagize ati ” Nageze muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania mu ruzinduko rw’akazi, nitabiriye ubutumire bwa Nyakubahwa Samia suluhu Hassan. Tuzagirana ibiganiro bizibanda ku bufaranye hagati y’Ibihugu, hagamijwe gukomeza kunoza umubano mwiza ibihugu byacu bisanzwe bifitanye.”

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo kwakira mugenzi we wa Uganda yavuze ko Tanzania yijeje Yoweri Kaguta Museveni ko imushyigikiye mu mugambi we, wo gutegura ibiganiro bigamije kugarura amahoro mu karere, ibi bihugu biherereye kubera intambara z’urudaca zugarije ibihugu by’abaturanyi babo.

Yagize ati” Tanzania imaze kugaragariza Museveni ko imushyigikiye bidasubirwaho ndetse yiteguye gutanga umusanzu wayo uzakenerwa ku ruhande rwayo mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kugarura amahoro.”

Uruzinduko rwa Perezida wa Uganda, Museveni muri Tanzania, ntihatangajwe iminsi ruzamara. Uru uruzinduko ni urwa mbere Perezida Yoweli Kaguta Museveni akoze, nyuma yo gutorerwa kuyobora Uganda muri manda ya karindwi mu matora yabaye muri Mutarama 2026.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

RSSB Tigers BBC yegukanye igikombe cya Super Cup nyuma yo gutsinda APR…

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

Mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru cyabereye muri Tanzania, nyuma yo kwakira mugenzi we…

Icyambu cya Karongi kinyuzwaho toni 8000 za sima buri kwezi

Abakoresha icyambu cy’i Karongi kimaze amezi atanu gitangiye kunyuzwaho ibicuruzwa biva mu…

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yambitse umudali w’ishimwe umuhungu we akaba n’Umugaba Mukuru…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

1 Min Read
Mu mahanga

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

1 Min Read
Mu mahanga

Ingabo za Nigeria zishe umuyobozi wa Boko Haram

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?