BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

admin
Last updated: February 2, 2026 9:44 am
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko adatewe ubwoba n’abakomeje gusebya Uganda bayishotora ahubwo ko bakwiye kumenya ko kuyishotora cyane bituma abashinzwe kuyirinda bayirwanira.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa mbere tariki ya 2 Gashyantare 2026, abinyujije mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa X avuga ko hari abibwira ko gutuka, gusebya no gutera ubwoba abantu byabatesha icyubahiro bigatuma batamenyekana yemeza ko ahubwo ibyo ari byo bibongerera kumenyekana no gukundwa n’abaturage.

Yagize ati “Iyo ushotoye abantu bikabije, birangira birwanyeho. Hari abibwiraga ko kudutuka no kudusebya byatwambura igikundiro, nyamara ibyo bitugira ibyamamare kurushaho.”

Muhoozi yavuze ko urubyiruko rwa Uganda rwarambiwe guhora rushotorwa runasuzugurwa na buri wese, avuga ko ubu intego rufite ari yo gukora buri kimwe giteza imbere igihugu cya Uganda.

Yakomeje avuga ko urubyiruko rwa Uganda rwiteguye gufata inshingano zose zishoboka zo kurinda icyo gihugu no kugiteza imbere.

Ibi abigarutseho nyuma y’uko nta gihe yari amaze afashe umwanzuro wo kureka gukoresha imbuga nkoranyambaga ze uko byari bisanzwe nyuma yo kunengwa imyitwarire ye yakomeje kugaragariza abamukurikira.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?