BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umuyobozi mu Burundi yavuze ko abagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo bazabihanirwa

Umuyobozi mu Burundi yavuze ko abagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo bazabihanirwa

admin
Last updated: February 10, 2026 2:48 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi wo mu nzego z’ibanze muri Zone ya Kirundo muri Komini ya Kirundo mu Ntara ya Butanyerera mu Burundi, yatangaje ko umugore wese uzajya asangwa mu kabari nyuma ya saa mbiri z’ijoro, azajya ahanwa, ibintu byazamuye impaka na bamwe babyamagana.

Uyu muyobozi witwa Jean Marie Karambizi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri, ko abagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo bashobora kujya babihanirwa.

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi, ngo ibi bigamije kurwanya “gucana inyuma kw’abashakanye” nk’imwe mu mpamvu zikomeye zitera gutandukana kw’abashakanye muri iyi Komini.

Uyu mubozi wa Zonze ya Kirundo, yagize ati “Twabonye ko abagore bamwe basohokana n’abagabo batari mu masaha y’ijoro, ibyo bigasenya ingo kandi bigahungabanya ubwumvikane bw’imiryango.”

Jean Marie Karambizi yemeza ko iyi gahunda y’ibihano bizajya bishyirirwaho abagore bafatiwe mu tubari nijoro bari kumwe n’abagabo babo, ari kimwe mu byafasha kubanisha neza imiryango no kurandura ingeso mbi zibatanya.

Yagize ati “Intego yacu si uguhana abagore, ahubwo ni ugusigasira imiryango no kugabanya ibibazo bifitanye isano n’ubusinzi no gucana inyuma kw’abashakanye.”

Ni icyemezo cyamaganirwa kure n’imiryango itari iya leta iharanira uburenganzira bw’abagore mu Burundi nk’uko byatangajwe n’abayobora imwe muri iyo miryango.

Umwe yagize ati “Uku ni ukubangamira bikomeye uburenganzira bwa muntu cyane cyane ku bagore. Umugore afite uburenganzira bwo kugenda mu bwisanzure, yaba yarashatse cyangwa atarashatse.”

Gusa avuga ko abagore na bo bakwiye gukoresha neza ihame ry’uburinagnire, bakamenya ibyo bakwiye gukora n’ibyo batagomba gukora.

Yongeyeho ati “Abagore bagomba kumenya inshingano zabo mu rugo, ariko ibi ntibigomba kubangamira uburenganzira bwabo bw’ibanze.”

Abagore bize na bamwe mu bantu bakomeye, na bo bamaganiye kure icyo cyemezo, bavuga ko cyaba ari ivangura, kandi ko kubishyira mu bikorwa bigoye.

Umwe yagize ati “Nyuma y’akazi, abagore bitabira ibindi bikorwa by’ubuzima busanzwe cyangwa by’imibereho myiza. Kubabuza kujya ahantu hahurira abantu benshi nyuma ya saa mbiri z’ijoro ni akarengane.”

Yakomeje agira ati “Kuba umuntu yaba ari mu kabari nijoro ntibivuze ko ahita ashyirwa mu bantu barangwa n’imyitwarire mibi. Tugomba kurebera ku bikorwa by’umuntu aho kurebera ku gitsina cye.”

Ni mu gihe bamwe mu baturage barimo n’abagore bashyigikiye iki cyemezo, bavuga ko gikwiye kuko hari abagore bakomeje kurangwa n’imyitwarire mibi kubera ubusinzi.

 

 

 

 

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umunyeshuri w’i Karongi akurikiranyweho gutema abarimu babiri

Byiringiro Innocent, umunyeshuri w’imyaka 17 wo mu Karere ka Karongi yatawe muri…

U Rwanda rwakiriye abarenga 160 batahutse bavuye muri RDC

Rwanda rwakiriye abaturage barwo 161 batahutse kuri uyu wa Kabiri, bavuye muri…

Umuyobozi mu Burundi yavuze ko abagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo bazabihanirwa

Umuyobozi wo mu nzego z’ibanze muri Zone ya Kirundo muri Komini ya…

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri…

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

2 Min Read
Mu mahanga

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?