BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Utuntu n'utundi > Ubushinwa: Yasabye gatanya umugore we nyuma yo kubyara umwirabura

Ubushinwa: Yasabye gatanya umugore we nyuma yo kubyara umwirabura

sam
Last updated: November 12, 2024 8:24 am
sam
Share
SHARE

Umugabo wo mu Bushinwa yasabye gatanya n’umugore we, nyuma yo kubyara umwana wirabura nyamara avuga ko nta na rimwe aragera muri Afurika ndetse ko nta n’umugabo w’umwirabura n’umwe azi mu buzima bwe.

Uwo mugore yavuze ko umunsi yabyayeho umwana we w’umuhungu nubwo yabyaye bamubaze, wari umunsi w’umunezero kurusha indi yose yabayeho mu buzima bwe, ariko mu kanya gato ihinduka nk’ijoro ridacya kubera umugabo we.

Umugabo akigera kwa muganga aho umugore we yabyariye, ngo yanze guterura umwana, ahubwo abwira umugore we ko agomba gukoresha ikizamini cyo kwa muganga kigamije kwerekana Se w’umwana, kuko we atakwizera ko ari we wamubyaye bitewe n’ibara ry’uruhu rwe rwirabura yavukanye.

Ikinyamakuru China Times cyandikirwa aho mu Bushinwa, cyatangaje ko uwo mugore w’imyaka 30 y’amavuko atuye mu mujyi wa Shanghai, kuri ubu afite ikibazo gikomeye cyo gushaka icyo yakora ngo urugo rwe ntirusenyuke kuko umugabo we yatangiye inzira zo gusaba gatanya, amushinja ko yamuciye inyuma akabyarana n’umwirabura, mu gihe umugore we avuga ko nta mugabo w’umwirabura aziranye nawe ndetse ko atanagera muri Afurika na rimwe, ndetse nawe akaba yuzuwe n’urujijo yibaza uko byagenze ngo abyare umwirabura.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mutamba yasabye ko Minisitiri w’Intebe ahamagazwa mu rubanza rwe

Constant Mutamba Tungunga wabaye Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

Amatora ya FERWAFA ntavugwaho rumwe n’abagize komite nyobozi

Bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse…

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Utuntu n'utundi

Kenya: Umugabo yataye umugeni mu birori by’ubukwe bwabo ariruka

2 Min Read
Utuntu n'utundi

Abana bararwaye rubura gica nyuma yo kurya ibiryo ku ishuri byabonetsemo inzoka yapfuye

2 Min Read
Utuntu n'utundi

KENYA : Umupasiteri yakomerekeje abagore babiri arimo kubakuramo amadayimoni.

3 Min Read
Utuntu n'utundi

Brazili : Inka yishe umugabo washatse kuyifata ku ngufu.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?