BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Utuntu n'utundi > KENYA : Umupasiteri yakomerekeje abagore babiri arimo kubakuramo amadayimoni.

KENYA : Umupasiteri yakomerekeje abagore babiri arimo kubakuramo amadayimoni.

sam
Last updated: February 25, 2025 1:33 pm
sam
Share
SHARE

Mu gihugu cya Kenya, abagore babiri, uwitwa Mercy Rono w’imyaka 38 y’amavuko na Mercy Cherotich w’imyaka 30, bakubiswe na Pasiteri wo mu rusengero basengeramo arabakomeretsa cyane, agamije kubakuramo imyuka mibi y’abadayimoni yavugaga ko bafite.
Mu gihe abo bagore bari bamaze kumva ko barembejwe n’izo nkoni za Pasiteri, ngo barasohotse bava mu rusengero rwa Betheli ruherereye ahitwa Kapkwen-Bomet, bariruka barahunga, ndetse bahita bajya gutabaza polisi, ihita iza gufata Pasiteri n’abandi bari .

Mu gihugu cya Kenya, abagore babiri, uwitwa Mercy Rono w’imyaka 38 y’amavuko na Mercy Cherotich w’imyaka 30, bakubiswe na Pasiteri wo mu rusengero basengeramo arabakomeretsa cyane, agamije kubakuramo imyuka mibi y’abadayimoni yavugaga ko bafite.

Mu gihe abo bagore bari bamaze kumva ko barembejwe n’izo nkoni za Pasiteri, ngo barasohotse bava mu rusengero rwa Betheli ruherereye ahitwa Kapkwen-Bomet, bariruka barahunga, ndetse bahita bajya gutabaza polisi, ihita iza gufata Pasiteri n’abandi bari bafatanyije muri icyo gikorwa cyo gukubita abo bagore kugeza ubwo bakomeretse.

Gusa, ngo Polisi yahageze isanga Pasiteri n’abandi bantu bafatanyije muri icyo gikorwa bamaze gutoroka barahunga, hanyuma ihita itangiza umukwabu wo kubashakisha aho baba baherereye.

Muganga wakiriye abo bagore, Dr Kelvin Kipchirchir Ufa yabwiye ikinyamakuru Tuko cyandikirwa aho muri Kenya, ko ngo bakomerekejwe na Pasiteri afatanyije n’abandi bakorana mu rusengero.

Abo bagore bakimara gukubitwa bagatoroka muri urwo rusengero biruka, ngo bagejeje ikirego cyabo kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kapkwen, nyuma bakomereza ku ivuriro rya Bomet. Umuyobozi mukuru ushinzwe urwego rw’ubuzima aho mu gace ka Bomet, Felix Langat, yemeje ko koko abo bagore bakubiswe cyane ndetse ko bari bafite ibikomere byinshi ku mibiri yabo.

Nyuma yo kwitabwaho n’abaganga, abo bagore ngo bagaruwe kuri Polisi kugira ngo batange andi makuru ajyanye n’iperereza, Komanda wa Polisi muri Bomet, Edward Imbwaga, akaba yarahise atanga itegeko ko urwo rusenngero ruhita rufungwa, mu gihe ibikorwa byo gushakisha uwo Pasiteri n’abo bafatanyije muri urwo rugomo, byo bigikomeje.

Komanda Imbwaga Edward yagize ati “Turimo turakora iperereza ku bijyanye n’ukuntu iryo torero ryanditswe rikanemererwa gukora mu gihe kirekire kingana gitya, mu gihe raporo nyinshi zigaragaza ko abayoboke baryo hafi ya bose ari abagore gusa”.

Uko gukubitwa kw’abo bagore ndetse bagakomeretswa na Pasiteri, avuga ko arimo abirukanamo imyuka mibi y’abadayimoni, ngo byarakaje bamwe mu baturage baturiye urwo rusengero, ndetse batangira guhiga ko bazahita barusenya niruramuka rwongeye kwemererwa gufungura imiryango ngo rukore.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Utuntu n'utundi

Kenya: Umugabo yataye umugeni mu birori by’ubukwe bwabo ariruka

2 Min Read
Utuntu n'utundi

Abana bararwaye rubura gica nyuma yo kurya ibiryo ku ishuri byabonetsemo inzoka yapfuye

2 Min Read
Utuntu n'utundi

Brazili : Inka yishe umugabo washatse kuyifata ku ngufu.

1 Min Read
Utuntu n'utundi

Yakatiwe gufungwa amezi abiri azira umubyibuho w’imbwa ye ukabije

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?