BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Ikindi cyiciro cy’Abasirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRC gitashye kinyuze ku butaka bw’u Rwanda

Ikindi cyiciro cy’Abasirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRC gitashye kinyuze ku butaka bw’u Rwanda

sam
Last updated: June 16, 2025 1:16 pm
sam
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere, ikindi cyiciro cy’Abasirikare bari bamaze igihe baroherejwe mu butumwa bw’amahoro bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyanyuze ku butaka bw’u Rwanda basubira mu bihugu by’iwabo.

Abo basirikari bari batwawe mu modoka za bisi 16 za sosiyete ya RITCO, zibakuye mu Kigo cya Gisirikari giherereye ahitwa Mubambiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba basirikare bijiriye ku mupaka uhuza u Rwanda n’icyo gihugu, ku ruhande rwo mu Karere ka Rubavu, zibakomezanya urugendo Musanze-Kigali aho bafatira indege zibasubiza iwabo.

Iki cyiciro gitashye nyuma y’uko  Ku wa Kane w’icyumweru gishize, ikindi cyiciro cy’Ingabo zari mu butumwa bwa SADC (SAMIDRC) na cyo cyaratashye, aho na bwo zari zagiye gufatwa n’imodoka za RITCO zabakuye muri iki Kigo cya Mubambiro.

Kuva mu mpera za Mata uyu mwaka, SADC yatangiye gucyura abasirikare n’ibikoresho byakoreshwaga n’abari muri buriya butumwa bw’uyu Muryango, ahagaragaye cyane ibikoresho byajyanwaga muri Tanzania na byo byanujijwe mu Rwanda, mu gihe ubu hari gucyurwa abasirikare.

Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) yateranye tariki 13 Werurwe, yemeje ko ihagaritse ubutumwa bw’ingabo zawo zari zagiyemo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufatanya na FARDC guhangana na M23.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwanenze rapolo za Loni yongeye zirushinja kwiba amabuye ya RDC

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Banki y’Isi yemeje miliyari zirenga 140 Frw zo guteza imbere ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Banki y’Isi yemeje miliyari 95 Frw zo gufasha impunzi mu Rwanda

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye mugenzi we wa Niger

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?