BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > FERWAFA yinjiye mu mizi y’ikibazo cya Migi

FERWAFA yinjiye mu mizi y’ikibazo cya Migi

sam
Last updated: March 19, 2025 7:14 am
sam
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA)ryatangaje ryatangiye gukurikirana mu mizi ikibazo cy’amajwi yumvikanye ku mbuga nkoranyambaga  y’umutoza wungirije wa Muhazi United FC Mugiraneza Jean Baptiste wumvikanye asaba myugariwo wa Musanze FC Bakaki Shafiq kwitsindisha ku mukino wa Kiyovu FC .

Mu itangazo FERWAFA yashyize ahagaragara kuri uyu 18 Werurwe 2025 , yatangarije abakunzi b’umupira w’amaguru ko nyuma yo kumva aya majwi yahisemo gushyikiriza iki kibazo Komisiyo ngengamyitwarire kugira ngo igikurikirane muburyo ngengamyitwarire ya FERWAFA.

FERWAFA kandi yatangaje ibi nyuma y’uko uyu mutoza wungirije  yamaze guhagarikwa  by’agateganyo n’ubuyobozi bwa Muhazi United FC kugira ngo nabwo bukore iperereza ryabwo.

FERWAFA  yemeza ko imyanzuro izafatwa kuri iki kibazo izatangazwa mu gihe gikwiriye.

Amakuru kuri iki kibazo avuga ko Migi yahamagaye Bakaki, amusaba kuzitsindisha ku mukino Musanze FC yakiriyemo Kiyovu Sports, amwizeza kuzamugororera umwaka utaha .

Zimwe mu ngororano yasezeranyije uyu myugariro ukomoka muri Uganda  harimo kuzamujyana muri Kiyovu sports , dore ko yitegura kuzatoza Urucaca mu mwaka utaha ndetse amubwira ko yamaze kuyisinyira imbanziriza masezerano.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA mu nzira yo gufata umwanzuro ku mukino wa Bugesera na Rayon hashingiwe kuri raporo ya Komiseri

2 Min Read
Imikino

Martin Ngoga yongeye gutorerwa kuyobora Akanama gashinzwe imyitwarire muri FIFA

2 Min Read
Imikino

APR FC yirukanye umutoza wayo Darko Nović n’abamwungirije

1 Min Read
Imikino

Abakinnyi ba AS Kigali banze kwitabira imyitozo kubera  kudahembwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?