BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > FERWAFA yahakanye amakuru y’ikoreshwa rya VAR mu mukino wa APR FC na Rayon Sports.

FERWAFA yahakanye amakuru y’ikoreshwa rya VAR mu mukino wa APR FC na Rayon Sports.

sam
Last updated: March 6, 2025 9:16 am
sam
Share
SHARE

Komiseri ushinzwe imisifurire mu ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Hakizimana Louis, yanyomoje amakuru avuga ko ku mukino wa Shampiyona uzahuza APR FC na Rayon Sports ku Cyumweru hazifashishwa ikoranabuhanga rya VAR.

Amategeko agena ikoreshwa ry’iri koranabuhanga mu misifurire, ateganya ko “ridakoreshwa mu mukino umwe gusa w’irushanwa, ahubwo ryitabazwa mu mikino yose.”

FIFA na IFAB ni byo bitanga uburenganzira kuri shampiyona zishaka gukoresha VAR nyuma yo gusuzuma ko bizakorwa ku mikino yose.

Ku wa 9 Werurwe ni bwo APR FC izacakirana na Rayon Sports mu mukino w’Umunsi wa 20 wa Rwanda Premier League kuri Stade Amahoro.

Gusa Rayon Sports imaze igihe kinini iyoboye Shampiyona ikomeje kugira ibihe bibi biteye inkeke abakunzi bayo, bishobora no gutuma itakaza umwanya mbere.

Gikundiro ikomeje kuragwamo ibibazo bitandukanye birimo imvune, aho iherutse gutakaza rutahizamu uyoboye abandi muri Shampiyona, Fall Ngagne.

Icyakora Kapiteni Muhire Kevin na myugariro Youssou Diagne basubukuye imyitozo.

Mu gihe iyi kipe yatsindwa na APR FC yatakaza umwanya wa mbere ndetse igasigwa inota rimwe bigoye ko yazakuramo ukurikije amateka ikipe y’ingabo ifite mu ngamba nk’izi zo guhatanira ibikombe.

Mu mikino 10 iheruka mu marushanwa yose, Rayon Sports yatsinze ine, inganya itanu, itsindwa umwe.

Ikipe y’ingabo z’igihugu yo imaze iminsi mu bihe byiza kuko mu mikino 10 iheruka, yatsinze itandatu, inganya ibiri, itsindwa indi ibiri.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA mu nzira yo gufata umwanzuro ku mukino wa Bugesera na Rayon hashingiwe kuri raporo ya Komiseri

2 Min Read
Imikino

Martin Ngoga yongeye gutorerwa kuyobora Akanama gashinzwe imyitwarire muri FIFA

2 Min Read
Imikino

APR FC yirukanye umutoza wayo Darko Nović n’abamwungirije

1 Min Read
Imikino

Abakinnyi ba AS Kigali banze kwitabira imyitozo kubera  kudahembwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?