Komiseri ushinzwe imisifurire mu ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Hakizimana Louis, yanyomoje amakuru avuga ko ku mukino wa Shampiyona uzahuza APR FC na Rayon Sports ku Cyumweru hazifashishwa ikoranabuhanga rya VAR.
Amategeko agena ikoreshwa ry’iri koranabuhanga mu misifurire, ateganya ko “ridakoreshwa mu mukino umwe gusa w’irushanwa, ahubwo ryitabazwa mu mikino yose.”
FIFA na IFAB ni byo bitanga uburenganzira kuri shampiyona zishaka gukoresha VAR nyuma yo gusuzuma ko bizakorwa ku mikino yose.
Ku wa 9 Werurwe ni bwo APR FC izacakirana na Rayon Sports mu mukino w’Umunsi wa 20 wa Rwanda Premier League kuri Stade Amahoro.
Gusa Rayon Sports imaze igihe kinini iyoboye Shampiyona ikomeje kugira ibihe bibi biteye inkeke abakunzi bayo, bishobora no gutuma itakaza umwanya mbere.
Gikundiro ikomeje kuragwamo ibibazo bitandukanye birimo imvune, aho iherutse gutakaza rutahizamu uyoboye abandi muri Shampiyona, Fall Ngagne.
Icyakora Kapiteni Muhire Kevin na myugariro Youssou Diagne basubukuye imyitozo.
Mu gihe iyi kipe yatsindwa na APR FC yatakaza umwanya wa mbere ndetse igasigwa inota rimwe bigoye ko yazakuramo ukurikije amateka ikipe y’ingabo ifite mu ngamba nk’izi zo guhatanira ibikombe.
Mu mikino 10 iheruka mu marushanwa yose, Rayon Sports yatsinze ine, inganya itanu, itsindwa umwe.
Ikipe y’ingabo z’igihugu yo imaze iminsi mu bihe byiza kuko mu mikino 10 iheruka, yatsinze itandatu, inganya ibiri, itsindwa indi ibiri.