Mu gihugu cya Brazili, mu gace ka Samambaia mu Mujyi wa Federal haravugwa urupfu rw’umukozi wo mu rwuri w’imyaka 45 bivugwa ko yageragezaga gufata inka ku ngufu.
Uyu mugabo utatangajwe amazina yasanzwe yapfuye aryamye iruhande rw’inka yambaye agakingirizo yari agiye gukoresha afata kungufu iyo nka.
Amakuru yatangajwe n’abakozi bagenzi be avuga ko uyu nyakwigendera yari yabanjirije abandi mu kazi ubwo yari agiye gukama inka ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu aho yari abasize aho bariraga.
Nyuma yo kujya gukama bagenze be bategereje ko agaruka baraheba ariko bahise batangira kumushakisha ni uko maze baza kumusanga yapfuye.
Umwe muri bagenzi be yabwiye polisi ko bari baraye basangiye inzoga ariko nyakwigendera agira umwihariko wo kugaruka mu rwuri avuga ko agiye gukama andi mata.
Ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo, nibwo umurambo we wabonwe n’abakozi bagenzi be, basanga aryamye iruhande rw’inka yapfuye.
Iperereza rya polisi ryatangijwe kugira ngo hamenyekane neza icyateye urupfu rwe ariko birakekwa ko yakubiswe bikomeye n’iyo nka ubwo yari agerageza kuyifata ku ngufu.
Ibi byabaye nyuma y’amezi atanu undi muturage wo mu Burusiya, Evgenii Kuvshinov yishwe n’inka muri Thailande na we bivugwa ko yashatse kuyifata ku ngufu.