BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Banki y’Isi yemeje miliyari zirenga 140 Frw zo guteza imbere ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali

Banki y’Isi yemeje miliyari zirenga 140 Frw zo guteza imbere ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali

sam
Last updated: July 1, 2025 1:58 pm
sam
Share
SHARE

Inama y’Ubutegetsi ya Banki y’Isi yemeje miliyoni 100$ (arenga miliyari 144 Frw) azafasha mu kunoza ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali binyuze mu mushinga uzwi nka ‘Rwanda Urban Mobility Improvement: RUMI’.

Ni umushinga wibanda ku bwikorezi butangiza ibidukikije, budaheza ndetse bworohera buri wese, buzafasha abaturage kubona amahirwe atandukanye y’umurimo no kubona serivisi zitandukanye.

Amafaranga azatangwa binyuze mu Ihuriro Mpuzamahanga ry’Iterambere, IDA (International Development Association).

Mu bizakorwa harimo no gushyiraho ibice byahariwe bisi zitwara abantu gusa, kwagura inzira y’abanyamaguru n’iz’abanyamagare, gukoresha bisi z’amashanyarazi, kubaka sitasiyo zifasha mu gushyira umuriro muri izo bisi, kugabanya umuvundo w’imodoka ndetse ayo mafaranga azanakora ku mushinga wo kuvugurura Gare ya Nyabugogo.

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Sahr Kpundeh, yavuze ko uwo mushinga uzafasha abaturage by’umwihariko abagore n’urubyiruko kubona imirimo na serivisi.

Ati “Bizafasha Umujyi wa Kigali kugera ku ntego yawo yo koroshya ubwikorezi bwa rusange, kuba umujyi ukeye ariko unabungabunga ibidukikije. Hagamijwe kandi gutuma ingendo zoroha, abantu bakabona uko bagenda, batekanye nta n’umwe uhejwe.”

RUMI izafasha abagore cyane abari mu bijyanye n’ubwikorezi, ubwubatsi no mu yindi mirimo ikorerwa muri Gare ya Nyabugogo byitezwe ko mu 2030 izaba ikoreshwa n’agenzi barenga ibihumbi 180 ku munsi.

Izibanda kandi mu mishinga igamije guhangana n’ingaruka z’ihindagurika z’ibihe nko kurwanya imyuzure ikunze kuzahaza Gare ya Nyabugogo, ibizatuma ubwikorezi bukorwa nta nkomyi.

Ni mu gihe gukoresha bisi z’amashanyarazi na byo bizafasha mu kugabanya imyuka yanduye yoherezwa mu kirere muri gahunda y’u Rwanda yo kugabanya byibuze 38% by’iyo rwohereza bitarenze mu 2030.

IDA ikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda yashinzwe mu 1960 igamije gukura abaturage mu bukene. Ifasha hafi 74% by’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere aho 39% ari ibyo muri Afurika. Nko mu myaka itatu kugeza mu 2021/2022, IDA yari yatanze hafi miliyari 34,7$ ndetse 70% ajya muri Afurika.
Umujyi wa Kigali ugiye kongerwamo bisi zikoresha amashanyarazi mu kwimakaza ubwikorezi burengera ibidukikijeBisi z’amashanyarazi ni zimwe mu biri gufasha u Rwanda kugabanya imyuka yanduye rwohereza mu kirere

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwanenze rapolo za Loni yongeye zirushinja kwiba amabuye ya RDC

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Banki y’Isi yemeje miliyari 95 Frw zo gufasha impunzi mu Rwanda

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye mugenzi we wa Niger

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Abanyeshuri barenga 220 batangiye gukora ibizamini bya Leta bisoza mu mashuri abanza

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?