Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Buhinde irimo gukora iperereza ku makuru y’abana barenga 100 barwaye kubera kurya ifunguro rya saa sita ku ishuri nyuma y’uko ribonetsemo inzoka yapfuye.
Nk’uko komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu ibitangaza, umutetsi yakomeje akagabura iryo funguro nubwo yari yarivanyemo iyo nzoka ipfuye.
Amakuru avuga ko abana bagera kuri 500 bagaburiwe iryo funguro mu mujyi wa Mokama muri leta ya Bihar mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’Ubuhinde.
Nyuma, abana bararwaye, abaturage ba hano na bo bafunga imihanda bigaragambya, nk’uko iriya komisiyo ibivuga.
Igira iti: “Komisiyo ibona ko ibyabaye, niba ari byo koko, ari ikibazo gikomeye cy’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu ku banyeshuri.”
Iyi komisiyo irasaba abakuriye iriya leta “amakuru arambuye” mu gihe cy’ibyumweru bibiri, azaba arimo “uko amagara y’abo bana yifashe”.
Ifunguro rya saa sita ku buntu ku mashuri mu Buhinde ryatangiye gutangwa ku bigo byigaho abana bo mu miryango ikennye mu 1925 mu gace ka Chennai (Madras) mu majyepfo.
Uku kugaburira abana ku mashuri mu Buhinde kuri mu bikorwa nk’ibi binini cyane nk’ibi ku isi, kwatangijwe hagamijwe kurwanya inzara no kongera umubare w’abana bajya mu ishuri.
Gusa hagiye haba kwinubira isuku nke y’amafunguro agaburirwa abanyeshuri.
Mu 2013, ifunguro rihumanye bivugwa ko ryishe abana 23 mu ishuri riri muri iriya leta ya Bihar.
Polisi yavuze ko abahanga bapimye iryo funguro bakarisangamo “uburozi bwo hejuru cyane” bw’imiti ya pisticide.