BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Utuntu n'utundi > Abana bararwaye rubura gica nyuma yo kurya ibiryo ku ishuri byabonetsemo inzoka yapfuye

Abana bararwaye rubura gica nyuma yo kurya ibiryo ku ishuri byabonetsemo inzoka yapfuye

sam
Last updated: May 2, 2025 6:57 am
sam
Share
SHARE

Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Buhinde irimo gukora iperereza ku makuru y’abana barenga 100 barwaye kubera kurya ifunguro rya saa sita ku ishuri nyuma y’uko ribonetsemo inzoka yapfuye.

Nk’uko komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu ibitangaza, umutetsi yakomeje akagabura iryo funguro nubwo yari yarivanyemo iyo nzoka  ipfuye.

Amakuru avuga ko abana bagera kuri 500 bagaburiwe iryo funguro mu mujyi wa Mokama muri leta ya Bihar mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’Ubuhinde.

Nyuma, abana bararwaye, abaturage ba hano na bo bafunga imihanda bigaragambya, nk’uko iriya komisiyo ibivuga.

Igira iti: “Komisiyo ibona ko ibyabaye, niba ari byo koko, ari ikibazo gikomeye cy’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu ku banyeshuri.”

Iyi komisiyo irasaba abakuriye iriya leta “amakuru arambuye” mu gihe cy’ibyumweru bibiri, azaba arimo “uko amagara y’abo bana yifashe”.

Ifunguro rya saa sita ku buntu ku mashuri mu Buhinde ryatangiye gutangwa ku bigo byigaho abana bo mu miryango ikennye mu 1925 mu gace ka Chennai (Madras) mu majyepfo.

Uku kugaburira abana ku mashuri mu Buhinde kuri mu bikorwa nk’ibi binini cyane nk’ibi ku isi, kwatangijwe hagamijwe kurwanya inzara no kongera umubare w’abana bajya mu ishuri.

Gusa hagiye haba kwinubira isuku nke y’amafunguro agaburirwa abanyeshuri.

Mu 2013, ifunguro rihumanye bivugwa ko ryishe abana 23 mu ishuri riri muri iriya leta ya Bihar.

Polisi yavuze ko abahanga bapimye iryo funguro bakarisangamo “uburozi bwo hejuru cyane” bw’imiti ya pisticide.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rugiye kuyobora CEEAC

Guinea Equatorial hateraniye inama y’abakuru b’ibihugu b’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika…

Rusizi: Yatawe muri yombi nyuma yo gushikuza umukobwa agakapu karimo telefone

Umugabo witwa Ntihinyurwa Alexis w'imyaka 33 afungiye kuri ya sitasiyo ya RIB…

Nyanza: Umusore w’imyaka 20 yatawe muri yombi akekwaho gufata ku ngufu umugore urwaye

Umusore w’imyaka 20 yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho icyaha cyo gufata…

Minisitiri Mutamba yongeye kwitaba Ubushinjacyaha bumuhata ibibazo

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, yamaze amasaha…

Leta ya RDC yarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere baganiriye na AFC/M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere ka…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Utuntu n'utundi

KENYA : Umupasiteri yakomerekeje abagore babiri arimo kubakuramo amadayimoni.

3 Min Read
Utuntu n'utundi

Brazili : Inka yishe umugabo washatse kuyifata ku ngufu.

1 Min Read
Utuntu n'utundi

Yakatiwe gufungwa amezi abiri azira umubyibuho w’imbwa ye ukabije

2 Min Read
Utuntu n'utundi

Ubushinwa: Yasabye gatanya umugore we nyuma yo kubyara umwirabura

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?