BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Utuntu n'utundi > KENYA : Umupasiteri yakomerekeje abagore babiri arimo kubakuramo amadayimoni.

KENYA : Umupasiteri yakomerekeje abagore babiri arimo kubakuramo amadayimoni.

sam
Last updated: February 25, 2025 1:33 pm
sam
Share
SHARE

Mu gihugu cya Kenya, abagore babiri, uwitwa Mercy Rono w’imyaka 38 y’amavuko na Mercy Cherotich w’imyaka 30, bakubiswe na Pasiteri wo mu rusengero basengeramo arabakomeretsa cyane, agamije kubakuramo imyuka mibi y’abadayimoni yavugaga ko bafite.
Mu gihe abo bagore bari bamaze kumva ko barembejwe n’izo nkoni za Pasiteri, ngo barasohotse bava mu rusengero rwa Betheli ruherereye ahitwa Kapkwen-Bomet, bariruka barahunga, ndetse bahita bajya gutabaza polisi, ihita iza gufata Pasiteri n’abandi bari .

Mu gihugu cya Kenya, abagore babiri, uwitwa Mercy Rono w’imyaka 38 y’amavuko na Mercy Cherotich w’imyaka 30, bakubiswe na Pasiteri wo mu rusengero basengeramo arabakomeretsa cyane, agamije kubakuramo imyuka mibi y’abadayimoni yavugaga ko bafite.

Mu gihe abo bagore bari bamaze kumva ko barembejwe n’izo nkoni za Pasiteri, ngo barasohotse bava mu rusengero rwa Betheli ruherereye ahitwa Kapkwen-Bomet, bariruka barahunga, ndetse bahita bajya gutabaza polisi, ihita iza gufata Pasiteri n’abandi bari bafatanyije muri icyo gikorwa cyo gukubita abo bagore kugeza ubwo bakomeretse.

Gusa, ngo Polisi yahageze isanga Pasiteri n’abandi bantu bafatanyije muri icyo gikorwa bamaze gutoroka barahunga, hanyuma ihita itangiza umukwabu wo kubashakisha aho baba baherereye.

Muganga wakiriye abo bagore, Dr Kelvin Kipchirchir Ufa yabwiye ikinyamakuru Tuko cyandikirwa aho muri Kenya, ko ngo bakomerekejwe na Pasiteri afatanyije n’abandi bakorana mu rusengero.

Abo bagore bakimara gukubitwa bagatoroka muri urwo rusengero biruka, ngo bagejeje ikirego cyabo kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kapkwen, nyuma bakomereza ku ivuriro rya Bomet. Umuyobozi mukuru ushinzwe urwego rw’ubuzima aho mu gace ka Bomet, Felix Langat, yemeje ko koko abo bagore bakubiswe cyane ndetse ko bari bafite ibikomere byinshi ku mibiri yabo.

Nyuma yo kwitabwaho n’abaganga, abo bagore ngo bagaruwe kuri Polisi kugira ngo batange andi makuru ajyanye n’iperereza, Komanda wa Polisi muri Bomet, Edward Imbwaga, akaba yarahise atanga itegeko ko urwo rusenngero ruhita rufungwa, mu gihe ibikorwa byo gushakisha uwo Pasiteri n’abo bafatanyije muri urwo rugomo, byo bigikomeje.

Komanda Imbwaga Edward yagize ati “Turimo turakora iperereza ku bijyanye n’ukuntu iryo torero ryanditswe rikanemererwa gukora mu gihe kirekire kingana gitya, mu gihe raporo nyinshi zigaragaza ko abayoboke baryo hafi ya bose ari abagore gusa”.

Uko gukubitwa kw’abo bagore ndetse bagakomeretswa na Pasiteri, avuga ko arimo abirukanamo imyuka mibi y’abadayimoni, ngo byarakaje bamwe mu baturage baturiye urwo rusengero, ndetse batangira guhiga ko bazahita barusenya niruramuka rwongeye kwemererwa gufungura imiryango ngo rukore.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rugiye kuyobora CEEAC

Guinea Equatorial hateraniye inama y’abakuru b’ibihugu b’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika…

Rusizi: Yatawe muri yombi nyuma yo gushikuza umukobwa agakapu karimo telefone

Umugabo witwa Ntihinyurwa Alexis w'imyaka 33 afungiye kuri ya sitasiyo ya RIB…

Nyanza: Umusore w’imyaka 20 yatawe muri yombi akekwaho gufata ku ngufu umugore urwaye

Umusore w’imyaka 20 yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho icyaha cyo gufata…

Minisitiri Mutamba yongeye kwitaba Ubushinjacyaha bumuhata ibibazo

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, yamaze amasaha…

Leta ya RDC yarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere baganiriye na AFC/M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere ka…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Utuntu n'utundi

Abana bararwaye rubura gica nyuma yo kurya ibiryo ku ishuri byabonetsemo inzoka yapfuye

2 Min Read
Utuntu n'utundi

Brazili : Inka yishe umugabo washatse kuyifata ku ngufu.

1 Min Read
Utuntu n'utundi

Yakatiwe gufungwa amezi abiri azira umubyibuho w’imbwa ye ukabije

2 Min Read
Utuntu n'utundi

Ubushinwa: Yasabye gatanya umugore we nyuma yo kubyara umwirabura

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?