Uwera Jean Maurice wagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma yagaragaje amarangamutima ye ashimira Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye anizeza gutanga umusanzu we nk’uko bikwiye.
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama 2026 inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Paul Kagame yabaye, umwe mu myanzuro y’iyonama wemeje Uwera Jean Maurice nk’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma asimbuye nyakwigendera Alain Mukuralinda witabye Imana mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2025.
Yifashishije urubuga rwa X, Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye anizeza gutanga umusanzu we mu guharanira icyateza imbere Abanyarwanda.
Yanditse ati: “Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku cyizere mwangiriye mumpa inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma. Ndabizeza gutanga umusanzu wanjye mu guharanira icyateza imbere Abanyarwanda no gushyira umuturage ku isonga”.
Uwera ahawe inshingano nshya mu gihe yari asanzwe ari Umwe mu bayobozi ba radiyo SK FM yagiyeho avuye kuri Televiziyo y’u Rwanda.
Afite ubunararibonye bw’imyaka irenga 14 mu itangazamakuru n’itumanaho, aho anasobanukiwe bidasanzwe imiterere y’itangazamakuru ryo mu Rwanda, amakuru abaturage bakeneye ndetse n’imikorere ya Guverinoma.
Uwera yatangiye umwuga w’itangazamakuru mu 2011 ubwo yari ashinzwe amakuru kuri Flash FM na Televiziyo, akaba yaranakoze igihe mu rwego rwo kwakira abantu mbere yo kwinjira mu itangazamakuru.
Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu itangazamakuru n’itumanaho yakuye muri Kaminuza Gatolika ya Kabgayi.
