BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

admin
Last updated: February 2, 2026 9:36 am
admin
Share
SHARE

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian, baravugwa mu rukundo, ndetse biravugwa ko bamaranye umwanya mu mpera z’icyumweru nyuma yuko umwe afashe indege akambukiranya imigabane n’inyanja akajya kureba undi.

Ikinyamakuru The Sun kiravuga ko Kim Kardashian yavuye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za America yerekeza mu Bwongereza ari mu ndege ye bwite kugira ngo amarane igihe gito na Lewis Hamilton.

Bivugwa ko aba bombi bagiye gusangira ifunguro rya nimugoroba ndetse banakorerwa massage n’abakundana mu gihe cy’akaruhuka mu mpera z’icyumweru twaraye dosoje ahitwa Estelle Manor, ahantu h’ibanga hakorerwa masaje muri Oxfordshire.

Bivugwa ko Kardashian yageze ku kibuga cy’indege cya Oxford ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu, ubundi ahita yerecyeza mu nzu y’i Witney. Nyuma y’isaha imwe, Hamilton yahageze ari muri kajugujugu yakodeshejwe ava muri Heliport ya Battersea yo mu mujyi wa Londres.

Umuntu warebaga yabwiye The Sun ati: “Kuhagera kwa Kim kwari gukomeye cyane. Yari aherekejwe n’abarinzi babiri maze binjizwa mu nzu. Nyuma y’isaha imwe, ahagana saa kumi z’umugoroba, Lewis na we yahageze ari muri kajugujugu ahita yinjira muri iyo nzu.

Uwaganiriye na The Sun yagize ati “Byagaragaraga ko ari urukundo ruhebuje. Kim na Lewis bari bisanzuye aho hos. Yari afite [Kim] abamurinda babiri, naho Lewis yari afite umucungira umutekano umwe, ariko bagumye hanze.”

Kim Kardashian na Lewis Hamilton, bombi nta n’umwe uragira icyo avuga kuri aya makuru y’uru rugendo rwatangajwe ku mbuga nkoranyambaga.

Aba bombi kandi bamaze imyaka baziranye kandi mbere bagaragaye bari kumwe mu birori rusange. Bitabiriye ibihembo bya GQ Men of the Year Awards i Londres mu 2014 hamwe n’abo bahoze ari abo bashakanye, Kanye West na Nicole Scherzinger.

Lewis Hamilton yaje kugirana ubucuti n’umuvandimwe wa Kim Kardashian, Kendall Jenner, waje kwifatanya na we mu irushanwa rya Miami Grand Prix mu 2024.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
Imyidagaduro

Bruce Melodie yerekeje muri Tanzania

1 Min Read
Imyidagaduro

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?