BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

admin
Last updated: January 22, 2026 2:40 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje ko cyafunze umudepite Muwanga Kivumbi, akaba ari visi perezida w’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi, National Unity Platform (NUP), ku mpamvu zo gukekwaho kugira uruhare mu bikorwa by’urugomo byabaye nyuma y’amatora ya perezida yo ku wa 15 Mutarama, byahitanye nibura abantu barindwi.

Ishyaka NUP riyobowe n’umuhanzi wahindutse umunyapolitiki, Bobi Wine, uri mu bwihisho kuva mu cyumweru gishize. Bobi Wine, amazina ye yemewe n’amategeko akaba ari Robert Kyagulanyi, yavuze ko yagiye mu bwihisho nyuma y’igitero cya gisirikare cyagabwe ku nzu ye amasaha macye mbere y’uko Perezida Yoweri Museveni atangazwa nk’uwatsinze ayo matora.

Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga rwa X (Twitter), Polisi ya Uganda yemeje ifatwa rya Kivumbi, ivuga ko “azashyikirizwa urukiko mu gihe gikwiye.” Polisi yongeyeho ko ifatwa rye rifitanye isano n’“ibikorwa biherutse by’urugomo rushingiye kuri politiki.”

Gusa, impande zombi ntizivuga rumwe ku byabaye mu ijoro ryakurikiye amatora. Polisi ivuga ko hari ihangana ryabaye hagati y’inzego z’umutekano n’abashyigikiye Kivumbi, aho yatangaje ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bitwaje imihoro, bakavuga ko bateguwe na Kivumbi, bateye sitasiyo ya polisi ndetse na site y’itora.

Ku rundi ruhande, Muwanga Kivumbi we yahakanye ibyo aregwa, atangariza ikigo ntaramakuru Reuters ko abantu biciwe mu nzu ye, aho bari bateraniye bategereje kumenya ibyavuye mu matora kugira ngo bamenye niba agumana intebe ye mu Nteko Ishinga Amategeko. Kivumbi yavuze ko abantu 10 biciwe muri iyo nzu, ashimangira ko ibyabaye ari “ubwicanyi.”

Ibi bibaye mu gihe umwuka wa politiki muri Uganda ukomeje kuba mubi, aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko amatora atabaye mu mucyo, mu gihe ubutegetsi bwo buvuga ko umutekano wagombaga kurindwa.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

Etincelles FC yahagaritse Umutoza Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke, ikipe…

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo…

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei yatangaje ko igitero icyo ari…

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko adatewe ubwoba n’abakomeje…

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?