BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Feb 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

admin
Last updated: February 16, 2026 4:38 pm
admin
Share
SHARE

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo avuga kuri mugenzi we Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo.

Uyu munyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA uzwi mu biganiro bya siporo, aherutse kugaragara mu mashusho avuga kuri uyu mugenzi we Lorenzo na we ukora ibiganiro bya siporo.

Muri ayo mashusho, Rugaju wumvikagamo nk’ufite umujinya, yavugaga ko hari ibyo apafa n’uyu Lorenzo bahoze bakorana muri RBA, birimo ibyo yamuvuzeho ubwo yafungwaga.

Muri ubu butumwa, Rugaju hari aho agira ati “Mfungwa yari azi ko nzaheramo [yavugaga Lorenzo], ndagaruka. Arakomeza, ndihanangiriza ndasaba ndavuga nti ‘rekeraho’. Hari ukuntu umuntu agenda ukabona arakabije. Rimwe ukaba wamusubiza ngo atuze. Gore Gore ni umuntu ugoye, ameze nka wa mubu utumva, rimwe bisaba ko umureka.”

Rugaju wakoreshaga imvugo ziremereye, muri ubwo butumwa, hari aho yavuze ko mugenzi we Lorenzo bafite ikindi bapfa kijyanye n’ibyo yamwatse ngo babe inshuti akabyanga.

Intandaro y’ibi yabaye isezera ry’Umunyamakuru Ngabo Roben wasezeye ku mwanya w’umukozi ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru muri Rayon Sports, aho Rugaju yavugaga ko Lorenzo ari we ubiri inyuma, kuko ngo yahigiye kuzajya agenda ku nshuti ze kubera ibyo yanze ko bakorana.

Kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026, uyu munyamakuru Rugaju Reagan yanditse ubutumwa, asaba imbabazi kubera ibyo yatangaje kuri mugenzi we.

Yagize ati “Muraho! niseguye ku mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga! Mu by’ukuri nabitewe n’uburakari bw’ibinyoma byari bimaze igihe bimvugwaho! Uwo muntu si we ndiwe! I really apologize [nsabye imbabazi] kuri buri wese wababajwe na reaction nakoze Kandi ntibizongera! Amahoro.”

Bamwe mu bagize ibyo bavuga ku byari byatangajwe na Rugaju Reagan bari bamugaye kubera umujinya yumvikagamo yikoma mugenzi we Lorenzo.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho…

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
Imyidagaduro

Bruce Melodie yerekeje muri Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?