BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

admin
Last updated: February 16, 2026 4:38 pm
admin
Share
SHARE

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo avuga kuri mugenzi we Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo.

Uyu munyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA uzwi mu biganiro bya siporo, aherutse kugaragara mu mashusho avuga kuri uyu mugenzi we Lorenzo na we ukora ibiganiro bya siporo.

Muri ayo mashusho, Rugaju wumvikagamo nk’ufite umujinya, yavugaga ko hari ibyo apafa n’uyu Lorenzo bahoze bakorana muri RBA, birimo ibyo yamuvuzeho ubwo yafungwaga.

Muri ubu butumwa, Rugaju hari aho agira ati “Mfungwa yari azi ko nzaheramo [yavugaga Lorenzo], ndagaruka. Arakomeza, ndihanangiriza ndasaba ndavuga nti ‘rekeraho’. Hari ukuntu umuntu agenda ukabona arakabije. Rimwe ukaba wamusubiza ngo atuze. Gore Gore ni umuntu ugoye, ameze nka wa mubu utumva, rimwe bisaba ko umureka.”

Rugaju wakoreshaga imvugo ziremereye, muri ubwo butumwa, hari aho yavuze ko mugenzi we Lorenzo bafite ikindi bapfa kijyanye n’ibyo yamwatse ngo babe inshuti akabyanga.

Intandaro y’ibi yabaye isezera ry’Umunyamakuru Ngabo Roben wasezeye ku mwanya w’umukozi ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru muri Rayon Sports, aho Rugaju yavugaga ko Lorenzo ari we ubiri inyuma, kuko ngo yahigiye kuzajya agenda ku nshuti ze kubera ibyo yanze ko bakorana.

Kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026, uyu munyamakuru Rugaju Reagan yanditse ubutumwa, asaba imbabazi kubera ibyo yatangaje kuri mugenzi we.

Yagize ati “Muraho! niseguye ku mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga! Mu by’ukuri nabitewe n’uburakari bw’ibinyoma byari bimaze igihe bimvugwaho! Uwo muntu si we ndiwe! I really apologize [nsabye imbabazi] kuri buri wese wababajwe na reaction nakoze Kandi ntibizongera! Amahoro.”

Bamwe mu bagize ibyo bavuga ku byari byatangajwe na Rugaju Reagan bari bamugaye kubera umujinya yumvikagamo yikoma mugenzi we Lorenzo.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
Imyidagaduro

Bruce Melodie yerekeje muri Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?