BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

admin
Last updated: February 16, 2026 4:47 pm
admin
Share
SHARE

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu ikorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi, irashya irakongo n’ibyarimo byose.

Iyi nkongi yadutse ahagana saa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026, ubwo abantu babonaga iyi nzu iherereye mu Mudugudu wa Irakiza, Akagari ka Bugoyi, Umurenge wa Gisenyi, itangira gucumbamo umwotsi.

Iyi nzu yafashwe n’inkongi yakoreragamo ibikorwa by’ubucuruzi, birimo imikino y’amahirwe ndetse n’ububiko bwa sima.

Amakuru y’iyi nkongi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwbikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Uwineza Francine, wavuze ko ububiko bwa sima, bwari ubwa nyirayo, mu gihe abandi bakoreragamo bamukodeshaga.

Yagize ati “Iyi nyubako n’ubundi twari twarabwiye nyirayo, kimwe n’izindi ziyegereye ko zigomba kuvugururwa hakajyamo izijyanye n’icyerekezo cy’umujyi.”

Uyu muyobozi avuga avuga ko umucuruzi wari ufite akabari muri iyi nyubako, ari we wari waramaze kwimuka. Ati “ahandi hose byakongokanye n’inyubako.”

Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe kuzimya inkongi yihutiye gutabara, ariko isanga umuriro wamaze kuba mwinshi wanakwiriye hose.

Gitifu Uwineza Francine avuga ko nubwo hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyateye iyi nkongi, ariko hakekwa ibibazo by’umuriro w’amashanyarazi byo kuba hari intsinga zakoze ibizwi nka Circuit electrique.

Kugeza ubu haracyari kubarurwa agaciro k’ibyangirikiye muri iyi nkongi y’umuriro, dore ko yaba nyirayo ndetse n’ibikorwa byakoregamo byose, nta bwishingizi byaribifite.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

2 Min Read
Mu Rwanda

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

3 Min Read
Mu Rwanda

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

4 Min Read
Mu Rwanda

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?