BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

admin
Last updated: February 16, 2026 4:48 pm
admin
Share
SHARE

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru Nairobi, yatumye ingendo z’indege zitinda kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026, nk’uko byatangajwe na sosiyete y’igihugu itwara abantu mu kirere, Kenya Airways, hamwe n’abashinzwe ibibuga by’indege.

Iyi myigaragambyo yabereye kuri Jomo Kenyatta International Airport, kimwe mu bibuga by’indege by’ingenzi ku mugabane wa Afurika mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere. Nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru bya Reuters, iki kibuga gifite uruhare rukomeye mu guhuza Afurika n’indi migabane, bityo gutinda kw’indege bikagira ingaruka ku bagenzi benshi.

Kenya Airways yatangaje ko gutinda mu igenzura ry’ikirere (air traffic control) ari byo byagize ingaruka ku guhaguruka no kugwa kw’indege kuri iki kibuga. Abagenzi benshi bagaragaye mu cyumba bategererezamo indege bategereje amakuru ku masaha mashya y’ingendo zabo.

Amakuru agaragaza ko amakimbirane ashingiye ku murimo hagati y’amashyirahamwe y’abakozi b’ikibuga n’ubuyobozi bw’indege za gisivili ari yo ntandaro y’iki kibazo. Abakozi bavuga ko bafite ibibazo birimo kutagira amasezerano y’akazi ahamye n’imibereho idahagije.

Mu cyumweru gishize, ihuriro ry’abakozi ryari ryatanze integuza y’iminsi irindwi mbere yo gutangira imyigaragambyo.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?