BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Putin yashinje Amerika na Israel gushotora Iran

Putin yashinje Amerika na Israel gushotora Iran

sam
Last updated: June 23, 2025 1:12 pm
sam
Share
SHARE

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko ibitero Israel na Leta Zunze U bumwe za Amerika byagabye kuri Iran, ari ubushotoranyi, kuko binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga.

Ni ingingo Putin yagarutseho kuri uyu wa Mbere tariki 23 Kamena 2025, mu biganiro yagiranye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, i Moscow.

Putin yavuze ko ibi bitero ari “ubushotoranyi budafite icyabusembuye” kandi “budafite impamvu”.

Yakomeje avuga ko ibikorwa bya Israel na Amerika kuri Iran “bitemewe kandi binyuranyije n’amahame mpuzamahanga”.

Perezida w’u Burusiya yavuze ko yishimiye kwakira Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, ashimangira ko uru ruzinduko ruzatuma Iran n’u Burusiya “biganira ku bibazo bibyugarije, bitekerereze hamwe uko byasohoka mu bibazo birimo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yavuze ko uruzinduko rwe rugamije kureba uko bafatanya n’u Burusiya mu guhangana n’intambara bashojweho n’abo mu Burengerazuba bw’Isi.

Ruje nyuma y’umunsi umwe Leta Zunze Ubumwe za Amerika igabye ibitero by’indege muri Iran, bigamije kuburizamo umugambi w’iki gihugu wo gukora intwaro za nucléaire.

Ni igitero gisa n’ikiri mu murongo w’ibyo Israel yatangiye kugaba kuri Iran ku wa 13 Kamena 2025.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Trump yahamije ko Amerika izakomeza guha intwaro Ukraine

1 Min Read
Amerika

Syria iri mu byishimo byo gukurirwaho ibihano by’ubukungu

1 Min Read
Amerika

Iran yagaragaje icyo yifuza mbere yo gusubukura ibiganiro na Amerika

2 Min Read
Amerika

Iran yari yivuganye uwahoze ari Umunyamabanga wa Amerika

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?