
Komisiyo y’amatora muri Uganda, yatangaje ko Yoweri Kaguta Museveni wari usanzwe ari Perezida w’iki gihugu yongeye gutorerwa kukiyobora, nyuma yo gutsinda amatora yabaye ku wa Kane w’iki cyumweru.
Museven yahigitse Robert Kyagulanyi Ssentamu bari bahanganye ku majwi 71,6% Bobi Wine we agira amajwi 24,72%.
James Nandala Mafabi wari uhagarariye ishyaka FDC ryashinzwe na Dr. Kizza Besigye, yagize ijwi 1,88%. Abandi bakandida bagize amajwi ari hagati ya 0,21% na 0,53%.
Amatora ya Perezida wa Uganda yabaye tariki ya 15 Mutarama 2026. Komisiyo y’amatora igaragaza ko mu bantu miliyoni 21,6 bari kuri lisiti y’itora, 52,5% ari bo bayitabiriye.
Iyi komisiyo yagaragaje ko habaruwe amajwi miliyoni 11.090.848 yakusanyijwe kuri site 50.739 zo hirya no hino mu gihugu. Ay’abatoye Museveni ni 7.946.772, aya Bobi Wine ni 2.741.238, mu gihe aya Mafabi ari 209.039.
Umukandida w’ishyaka rya Conservative Party, Elton Joseph Mabirizi, ni we wagize amajwi make. Yabonye 23.458 angana na 0,21% by’amajwi yose yabaruwe.
Mu gihe amajwi yatangazwaga, Bobi Wine we yavuze ko kuri uyu wa Gatandatu we n’umugore we bari mu bwihisho ahantu hatekanye nyuma yo guterwa n’abashinzwe umutekano ku wa 16 Mutarama bari bafite kajugujugu, bashaka kubafunga.
Uyu munyapolitiki yatangaje ko atemera ibyavuye mu matora byatangazwaga na Perezida wa Komisiyo y’amatora, Simon Mugenyi Byabakama, kuko ngo ntaho bihuriye n’ukuri kw’amahitamo y’abatoye.
Yagize ati “Twanze ibiri gutangazwa na Byabakama kubera ko ibyo byitwa umusaruro ari gutangaza ni ibihimbano, ntaho bihuriye na mba n’ibyabereye kuri site z’amatora.”
Bobi Wine yavuze ko abakozi benshi b’ishyaka rye, NUP, batawe muri yombi, internet irahagarikwa hagamijwe kwiba amajwi y’abandi bakandida. Yasabye Abanya-Uganda kwanga ibyatangajwe na Komisiyo y’Amatora.
Amatora ya Perezida wa Uganda yahuriranye n’ay’abadepite. Mu gihe Komisiyo y’amatora yatangazaga ibyavuyemo, mu bice bitandukanye by’igihugu habaye imvururu zatewe n’abataranyurwaga na byo.
Polisi ya Uganda yatangaje ko abantu 12 bapfiriye muri izi mvururu, abandi barakomereka. Harimo barindwi barasiwe mu Karere ka Mutambala mu ijoro ryo ku wa 15 Mutarama, bivugwa ko bari bashyigikiye umukandida ku mwanya w’abadepite, Muhammed Muwanga Kivumbi.
Barashwe bagerageza gushaka kwinjira mu buryo bunyuranyije n’amategeko ahabarurirwaga amajwi.
Mu mujyi wa Kampala, abaturage bo mu gace ka Makindye bateje akavuyo kubera kutishimira ibyatangazwaga na Komisiyo y’amatora, bahangana n’abashinzwe umutekano barindaga umutekano wa site.
Umuvugizi wungirije wa Polisi ikorera muri Kampala, Luke Owoyesigyire, yatangaje ko kuri iyi site hongerewe abashinzwe umutekano kugira ngo bagarure ituze.
Owoyesigyire yagize ati “Abantu bacu barahari kugira ngo bahagarike akavuyo. Ntabwo nakubwira uko byagenze ubu kuko igikorwa kirakomeje.”
Amatora y’ubu atandukanye n’ayabaye mu 2021 kuko abatoye Perezida Museveni bariyongereye, ariko n’abari kuri lisiti y’itora biyongereyeho abarenga miliyoni eshatu, hitabira 59,35%.
Mu 2021, Museveni yagize amajwi 6.042.898 angana na 58,38% by’abatoye, Bobi Wine waje ku mwanya wa kabiri agira amajwi 35,08%. Mu bakandida 11 bari bahatanye, uwa nyuma yagize 0,15%.
