BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Iran yemeje ko ibikorwaremezo bya nucléaire byayo byarashweho bikangirika bikomeye

Iran yemeje ko ibikorwaremezo bya nucléaire byayo byarashweho bikangirika bikomeye

sam
Last updated: June 26, 2025 6:28 am
sam
Share
SHARE

Iran yemeye ko ibikorwaremezo bitunganyirinwamo ingufu za nucléaire byashegeshwe n’igitero byagabweho n’indege z’intambara za leta zunze ubumwe za Amerika mu rwego rwo gufasha Israel.

Ni igitero Amerika yagabye m rukerera rwo ku itariki 22 Kamena 2025, yifashishije indege z’intambara zo mu bwoko bwa B-2 Spirit zarashe misile ziremereye za GBU-57 ku bigo bitatu bya Iran bitunganyirizwamo Uranium ifite ubukana bwinshi: Fordow, Natanz na Isfahan.

Nyuma y’amasaha make Ubwato  bugendera munsi y’amazi na bwo bwarashe izindi misile nyinshi za Tomahawk kuri Isfahan hagamijwe gusenya burundu iki kigo. Muri rusange, ibi bigo byose byarashweho misile 75 za Amerika.

Ingabo za Israel zari zimaze iminsi icyenda zihanganye n’iza Iran, na zo zahise zirasa misile nyinshi kuri ibi bigo kuko zatekerezaga ko Amerika ishobora kuba itabyangije nk’uko byifuzwaga.

Mu kiganiro yagiranye na Al Jazeera kuri uyu wa 25 Kamena, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmail Baghaei, yemeje ko igitero cya Amerika n’icya Israel byangije ibi bigo mu buryo bukomeye.

Yagize ati “Ibigo byacu bya nucleaire byarangijwe bikomeye, ibyo ni ukuri, kubera ko abashotoranyi bo muri Israel na Amerika babigabyeho ibitero by’umusubizo.”

Baghaei yasobanuye ko ikigo mpuzamahanga gishinzwe ingufu za nucléaire ndetse na Iran biri gukorana mu isuzuma rikomeje ry’ingaruka ibi bitero byagize ku bikorwaremezo bitunganyirizwamo izi ngufu.

Amerika ikimara kugaba iki gitero, Perezida Trump yavuze ko ibi bikorwaremezo byangijwe ku buryo kubisana bizagorana. Gusa icyo gihe, ibinyamakuru byo muri Iran byo byatangazaga ko byangiritse byoroheje.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Trump yahamije ko Amerika izakomeza guha intwaro Ukraine

1 Min Read
Amerika

Syria iri mu byishimo byo gukurirwaho ibihano by’ubukungu

1 Min Read
Amerika

Iran yagaragaje icyo yifuza mbere yo gusubukura ibiganiro na Amerika

2 Min Read
Amerika

Iran yari yivuganye uwahoze ari Umunyamabanga wa Amerika

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?