BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Feb 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

admin
Last updated: February 16, 2026 4:47 pm
admin
Share
SHARE

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu ikorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi, irashya irakongo n’ibyarimo byose.

Iyi nkongi yadutse ahagana saa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026, ubwo abantu babonaga iyi nzu iherereye mu Mudugudu wa Irakiza, Akagari ka Bugoyi, Umurenge wa Gisenyi, itangira gucumbamo umwotsi.

Iyi nzu yafashwe n’inkongi yakoreragamo ibikorwa by’ubucuruzi, birimo imikino y’amahirwe ndetse n’ububiko bwa sima.

Amakuru y’iyi nkongi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwbikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Uwineza Francine, wavuze ko ububiko bwa sima, bwari ubwa nyirayo, mu gihe abandi bakoreragamo bamukodeshaga.

Yagize ati “Iyi nyubako n’ubundi twari twarabwiye nyirayo, kimwe n’izindi ziyegereye ko zigomba kuvugururwa hakajyamo izijyanye n’icyerekezo cy’umujyi.”

Uyu muyobozi avuga avuga ko umucuruzi wari ufite akabari muri iyi nyubako, ari we wari waramaze kwimuka. Ati “ahandi hose byakongokanye n’inyubako.”

Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe kuzimya inkongi yihutiye gutabara, ariko isanga umuriro wamaze kuba mwinshi wanakwiriye hose.

Gitifu Uwineza Francine avuga ko nubwo hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyateye iyi nkongi, ariko hakekwa ibibazo by’umuriro w’amashanyarazi byo kuba hari intsinga zakoze ibizwi nka Circuit electrique.

Kugeza ubu haracyari kubarurwa agaciro k’ibyangirikiye muri iyi nkongi y’umuriro, dore ko yaba nyirayo ndetse n’ibikorwa byakoregamo byose, nta bwishingizi byaribifite.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho…

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

4 Min Read
Mu Rwanda

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

2 Min Read
Mu Rwanda

Huye: Guverineri na Polisi batangije ubukangurambaga bwo kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

2 Min Read
Mu Rwanda

Nyamirambo: Umujura wa Kabiri mu bashikuje telefoni umuturage bagahungira muri rigore nawe yavuyemo. 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?