BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

admin
Last updated: February 13, 2026 3:09 pm
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura u Rwanda vuba aha.

Uyu musirikare usanzwe ari n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje iyi gahunda mu butumwa yaraye yanditse ku rubuga rwe rwa X.

Yagize ati: “Nzishimira gusura vuba aha data wacu w’igihangange, Afande Kagame. Nzanishimira kubana na bene wacu b’Abanyarwanda.”

Ubu butumwa bwakurikuraga ubundi Gen. Muhoozi yanditse mu Kinyarwanda abaza Abanyarwanda ati: “Abanyarwanda mumeze mute? Uncle wanjye, intwari, ameze ate?” Ndaje gusura iwacu mu Rwanda vuba. Vuba cyane.”

Gen Muhoozi aheruka mu Rwanda muri Werurwe 2025. Icyo gihe yari kumwe n’abarimo Brig Gen. Asingura Kagoro n’umunyamakuru w’inshuti ye akaba n’inshuti y’Abanyarwanda, Andrew Mwenda.

Uyu musirikare yasuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, n’ishuri rikuru rya gisirikare riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, yigisha abanyeshuri baho isomo ryo guharanira ubumwe bwa Afurika, kurinda inyungu z’uyu mugabane n’iz’abaturage bawo.

Yanyuzwe n’uburyo yakiriwe i Kigali, ashimira Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, ati “Imana ihe umugisha umubano wa kivandimwe uri hagati ya Uganda n’u Rwanda.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, na we yagiriye uruzinduko rw’akazi i Kampala muri Gicurasi 2025, aganira na mugenzi we wo muri Uganda ku bufatanye mu kurinda umutekano w’ibihugu byombi n’akarere muri rusange.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

2 Min Read
Mu Rwanda

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

3 Min Read
Mu Rwanda

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

4 Min Read
Mu Rwanda

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?