Urukiko rwa gisirikare rwa Butembo, ruherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwatangiye kuburanisha abantu 92, barimo abasirikare 45 bashinjwa ibyaha birimo no gufata abana ku ngufu.
Ubushinjacyaha bwa gisirikare buvuga ko aba bantu kandi baregwa ibindi byaha birimo gushimuta abana no kwambura abaturage hakoreshejwe ingufu.
Ibyaha baregwa byakorewe muri teritwari ya Lubero hagati y’umwaka wa 2021 n’uwa 2024, byibasira abantu 93 barimo abana 85 bafite imyaka iri hagati y’ibiri na 17. Bamwe mu bagizweho ingaruka n’ibi byaha bitabiriye urubanza kugira ngo babashe gusaba indishyi z’ibyo bakorewe.
Izi manza ziri kubera ahantu hatandukanye hagiye hakorerwa ibi byaha, abari mu butumwa bwa MONUSCO, bakaba bari gufasha mu buryo butandukanye burimo gutanga ibikoresho birimo imodoka zitwara abaregwa n’abitabiye urubanza.
Iburanishwa ry’izi manza ryatangiye ku wa 26 Kamena 2025, bikaba biteganyijwe ko rizamara iminsi 10. Abazahamwa n’ibi byaha bashinjwa, bazahabwa ibihano bikomeye bishobora no kugera ku gifungo cya burundu