BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

admin
Last updated: January 31, 2026 2:40 pm
admin
Share
SHARE

Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC yo mu gihugu cya Libya yari amazemo umwaka.

Mu ijoro ryacyeye tariki 30 Mutarama 2026, nibwo Bizimana Djihad yatangaje ko yamaze gusezera ikipe ya Al Ahli SC yo mu gihugu cya Libya nyuma y’umwaka umwe yari ayimazemo ndetse akayiheshe igikombe cya Shampiyona.

Uyu mukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, mu butumwa burebure yanditse mu ijoro ryacyeye, yashimiye abakinnyi, abayobozi ndetse n’abafana ku mahirwe yahawe yo gukina muri Al Ahli SC, ndetse abifuriza ishya n’ihirwe mu mikino iri imbere.

Yagize ati ” Ndashimira byimazeyo buri wese uri muri iyi kipe ku mahirwe nahawe yo kuba umwe mu bayigize. Byari icyubahiro gikomeye kuyihagararira no gukorana n’abakinnyi, abakozi ndetse n’abafana bayo b’indashyikirwa. Nishimiye inkunga, amasomo n’ubunararibonye nungukiye mu gihe namaze hano. Nifurije ikipe gukomeza gutsinda no gutera imbere mu bihe bizaza.”

Umwe mu bakiriye ubu butumwa ndetse yifuriza amahirwe masa Bizimana Djihad, ni Manzi Thierry bakinanaga muri iyi kipe. Mu butumwa yanyujije aho banyuza ibitekerezo, yagize ati ” Amahirwe masa ku hazaza muvandimwe. Ndagukunda Kapiteni.” Ibi Manzi Thierry abisangiye na Rubanguka Steven nawe wamwifurije amahirwe masa.

Kugeza ubu nta makuru avugwa y’ahantu Bizimana Djihad agiye kwerekeza, ariko birasa nkaho gufata umwanzuro wo gutandukana n’iyi kipe hari ahantu agiye Kandi heza kurusha Libya yari arimo. Djihad yageze muri Al Ahli SC mu ntangiriro z’umwaka wa 2025, ayivugemo mu ntangiriro z’umwaka wa 2026.

Bizimana Djihad ni umwe mu bakinnyi beza ikipe y’igihugu y’u Rwanda ifite, yakinnye mu makipe atandukanye kandi akomeye arimo Rayon Sports, APR FC, Waasland-Bavelen, Deinze, Kryvabas Kryvyi Rih, yari muri Al Ahli SC.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

Etincelles FC yahagaritse Umutoza Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke, ikipe…

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo…

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei yatangaje ko igitero icyo ari…

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko adatewe ubwoba n’abakomeje…

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yemereye amakipe gusimbuza abakinnyi yarekuye

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?