BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

admin
Last updated: January 16, 2026 4:26 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryashyikirije abasifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda ibirango by’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, bazakoresha muri uyu mwaka wa 2026.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026 ku biro bya FERWA. Umunyamabanga wa FERWAFA, Bonnie Mugabe, ni we washyikirije aba basifuzi barimo Mukansanga Salima wo kuri VAR ibi birango bya FIFA.

Hari kandi na Hakizimana Louis uheruka kongera gutorerwa kuba komiseri ushinzwe imisifurire w’iri shyirahamwe.

Abayobozi bombi basabye abasifuzi kugerageza gukora neza cyane, bashimangira ko nta kwihanganira ruswa no gukoresha nabi imikino.

Abasifuzi bibukijwe inshingano zabo zo kuba intangarugero mu kibuga no hanze yacyo, no gukomeza ubunyangamugayo n’ubunyamwuga.

Abasifuzi bishimiye imbaraga za FERWAFA zo guteza imbere no kunoza imibereho myiza y’abasifuzi, kandi biyemeje no gutanga umusaruro mwiza mu 2026.

Muri uyu mwaka u Rwanda rwemerewe abasifuzi mpuzamahanga 18 barimo Mukansanga Salima Rhadia ukoresha VAR.

Abasifuzi bo hagati b’abagabo ni Twagirumukiza Abdoul Karim, Ishimwe Jean Claude, Uwikunda Samuel, Rulisa Patience Fidèle na Nsabimana Célestin.

Abasifuzi bo ku ruhande b’abagabo ni Ndayisaba Saïd Hamisi, Mugabo Eric, Karangwa Justin, Mutuyimana Dieudonné, Ishimwe Didier na Habumugisha Emmanuel.

Abasifuzi bo hagati b’abagore ni Umutoni Aline na Byukusenge Henriette.

Abasifuzi bo ku ruhande b’abagore ni Murangwa Usenga Sandrine, Umutesi Alice, Mukayirangwa Régine na Akimana Juliette.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?