BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

admin
Last updated: January 17, 2026 7:59 pm
admin
Share
SHARE

Komisiyo y’amatora muri Uganda, yatangaje ko Yoweri Kaguta Museveni wari usanzwe ari Perezida w’iki gihugu yongeye gutorerwa kukiyobora, nyuma yo gutsinda amatora yabaye ku wa Kane w’iki cyumweru.

Museven yahigitse Robert Kyagulanyi Ssentamu bari bahanganye ku majwi 71,6% Bobi Wine we agira amajwi 24,72%.

James Nandala Mafabi wari uhagarariye ishyaka FDC ryashinzwe na Dr. Kizza Besigye, yagize ijwi 1,88%. Abandi bakandida bagize amajwi ari hagati ya 0,21% na 0,53%.

Amatora ya Perezida wa Uganda yabaye tariki ya 15 Mutarama 2026. Komisiyo y’amatora igaragaza ko mu bantu miliyoni 21,6 bari kuri lisiti y’itora, 52,5% ari bo bayitabiriye.

Iyi komisiyo yagaragaje ko habaruwe amajwi miliyoni 11.090.848 yakusanyijwe kuri site 50.739 zo hirya no hino mu gihugu. Ay’abatoye Museveni ni 7.946.772, aya Bobi Wine ni 2.741.238, mu gihe aya Mafabi ari 209.039.

Umukandida w’ishyaka rya Conservative Party, Elton Joseph Mabirizi, ni we wagize amajwi make. Yabonye 23.458 angana na 0,21% by’amajwi yose yabaruwe.

Mu gihe amajwi yatangazwaga, Bobi Wine we yavuze ko kuri uyu wa Gatandatu we n’umugore we bari mu bwihisho ahantu hatekanye nyuma yo guterwa n’abashinzwe umutekano ku wa 16 Mutarama bari bafite kajugujugu, bashaka kubafunga.

Uyu munyapolitiki yatangaje ko atemera ibyavuye mu matora byatangazwaga na Perezida wa Komisiyo y’amatora, Simon Mugenyi Byabakama, kuko ngo ntaho bihuriye n’ukuri kw’amahitamo y’abatoye.

Yagize ati “Twanze ibiri gutangazwa na Byabakama kubera ko ibyo byitwa umusaruro ari gutangaza ni ibihimbano, ntaho bihuriye na mba n’ibyabereye kuri site z’amatora.”

Bobi Wine yavuze ko abakozi benshi b’ishyaka rye, NUP, batawe muri yombi, internet irahagarikwa hagamijwe kwiba amajwi y’abandi bakandida. Yasabye Abanya-Uganda kwanga ibyatangajwe na Komisiyo y’Amatora.

Amatora ya Perezida wa Uganda yahuriranye n’ay’abadepite. Mu gihe Komisiyo y’amatora yatangazaga ibyavuyemo, mu bice bitandukanye by’igihugu habaye imvururu zatewe n’abataranyurwaga na byo.

Polisi ya Uganda yatangaje ko abantu 12 bapfiriye muri izi mvururu, abandi barakomereka. Harimo barindwi barasiwe mu Karere ka Mutambala mu ijoro ryo ku wa 15 Mutarama, bivugwa ko bari bashyigikiye umukandida ku mwanya w’abadepite, Muhammed Muwanga Kivumbi.

Barashwe bagerageza gushaka kwinjira mu buryo bunyuranyije n’amategeko ahabarurirwaga amajwi.

Mu mujyi wa Kampala, abaturage bo mu gace ka Makindye bateje akavuyo kubera kutishimira ibyatangazwaga na Komisiyo y’amatora, bahangana n’abashinzwe umutekano barindaga umutekano wa site.

Umuvugizi wungirije wa Polisi ikorera muri Kampala, Luke Owoyesigyire, yatangaje ko kuri iyi site hongerewe abashinzwe umutekano kugira ngo bagarure ituze.

Owoyesigyire yagize ati “Abantu bacu barahari kugira ngo bahagarike akavuyo. Ntabwo nakubwira uko byagenze ubu kuko igikorwa kirakomeje.”

Amatora y’ubu atandukanye n’ayabaye mu 2021 kuko abatoye Perezida Museveni bariyongereye, ariko n’abari kuri lisiti y’itora biyongereyeho abarenga miliyoni eshatu, hitabira 59,35%.

Mu 2021, Museveni yagize amajwi 6.042.898 angana na 58,38% by’abatoye, Bobi Wine waje ku mwanya wa kabiri agira amajwi 35,08%. Mu bakandida 11 bari bahatanye, uwa nyuma yagize 0,15%.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

Etincelles FC yahagaritse Umutoza Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke, ikipe…

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo…

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei yatangaje ko igitero icyo ari…

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko adatewe ubwoba n’abakomeje…

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?